RFL
Kigali

U Rwanda rwafashijwe kuvuguta umuti w'ikibazo cy'imyuka ihumanya ikirere

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:19/10/2024 12:05
0


Bijyanye n’intego u Rwanda rwihaye y’uko mu 2030 ruzaba rumaze kugera ku kigero cya 20% by’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zikoresha amashanyarazi, moto zikaba ari 30% naho imodoka z’abantu ku giti cyabo zikazaba ari umunani ku ijana, rurakataje muri iyi gahunda y’ubwikorezi butangiza ikirere.



Kuva mu 2020 ubwo mu Rwanda hatangiraga kwinjira cyane imodoka zikoresha amashanyarazi, ubu habarurwa izirenga 7000 ubariyemo izikoresha amashanyarazi yonyine n’iziyakoresha hamwe na lisansi (Hybrid).

Ubwiyongere bw’izi modoka bwatewe n’uko zakomorewe imisoro muri gahunda y’igihugu yo kurwanya imyuka ihumanya ikirere no kugabanya ingano y’ibikomoka kuri lisansi igihugu gikoresha cyane ko mu minsi ishize igiciro cyabyo cyari kiri kuzamuka cyane kubera ibibazo by’intambara hirya no hino ku Isi.

Nk'uko tubicyesha Business Insider, muri Werurwe uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane muri Afurika mu bihugu bifite ikirere cyanduye, rukaza ku mwanya wa 15 ku Isi. Ingamba za Guverinoma zigamije kurwanya imyuka ihumanya ikirere, ziri gutanga icyizere.

Iyi raporo y'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ivuga ko ihumana ry'ikirere ari ryo nyirabayazana w'imfu z'abagera kuri miliyoni zirindwi bapfa imburagihe buri mwaka, no kwandura indwara ziganjemo izifata mu myanya y'ubuhumekero nka asima, kanseri, indwara y'ibihaha n'ibindi.

Tariki 18 Ukwakira 2024, Ikigo gitwara abagenzi mu buryo bwa rusange cya RITCO Ltd, nyuma yo kwemererwa gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali nk’uburyo bwo guhangana n’ibibazo by’ibura z’imodoka, cyashyikirijwe izindi modoka ebyiri z’amashanyarazi n’Ikigo gikora imodoka mu Bushinwa cya Yutong.

Izi modoka zikoranye ikoranabuhanga rihambaye rikonjesha batiri mu buryo (imodoka) idashobora gushya, ikagira ‘charger’ yayo iyifasha mu gushyiramo umuriro mu gihe kitageze ku isaha. 

Zifite ubushobozi bwo kugenda mu mijyi gusa, zikagira imyanya 21 ku bagenzi bagenda bicaye, ndetse n’ahandi hisanzuye ku bagenda bahagaze. Zigenda ibilometero biri hagati ya 250 na 300 zitarasubizwa ku muriro.

Umuyobozi wa RITCO Ltd, Nkusi Godfrey yatangaje ko bagomba kwiga cyane kuri izo modoka z’amashanyarazi uko byagenda kose nubwo usanga zihenze cyane ugereranije n’izikoresha ibikomoka kuri peteroli, kuko ari ho Isi iri kugana, ari nako bajyana n’intego Leta y’u Rwanda yihaye yo kugabanya imyuka yangiriza ikirere yohereza ingana na 38% bitarenze mu 2030.

Yagize ati: “Turashaka gusimbuza imodoka dufite iz’amashanyarazi ariko ni urugendo. Ubu dufite porogaramu yo kwigisha abakanishi bacu, abashoferi n’abandi bakozi bacu kugeza ubwo tuzabaho twifashije tutagifite Abashinwa baza kudufasha.”

Ni mu gihe umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Yutong Grey Shen Guangyu, yavuze ko bahisemo gushora mu Rwanda kuko ari igihugu kimaze gutera intambwe ikomeye mu korohereza abashoramari, mu kugira umutekano usesuye, isuku, kwakira neza abantu n’ibindi.

Ati: “Mu Rwanda ni ha handi ushora imari ukumva uratekanye, hafite isuku, gukuraho imisoro ku modoka z’amashanyarazi, abaturage bagira urugwiro n’ibindi. Ni urugendo dutangiye, dushaka gufatanya n’u Rwanda mu kugabanya imyuka yanduye. Tuzabigeraho kuko rumaze kuba urugero rw’ibishoboka.”

Nubwo mu Rwanda ari bwo bwa mbere izanye bisi z’amashanyarazi, Yutong imaze kugira uburambe mu gukora izo modoka kuko kuva mu 2020 yari imaze kugurisha bisi z’amashanyarazi ibihumbi 133 mu bihugu bitandukanye. 

Iki kigo, kimaze imyaka isaga itanu gikorana na Ritco Ltd, aho imaze kugura imodoka 115, ikaba aribwo yinjiye byeruye mu bijyanye no gukoresha imodoka z’amashanyarazi.

Mu 2020, imodoka zikoresha amashanyarazi gusa zinjiye mu gihugu zari 19, mu gihe muri uwo mwaka nta n’imwe ya Hybrid yinjiye. Bigeze mu 2021, iz’amashanyarazi zariyongereye zigera kuri 38 mu gihe iza Hybrid zinjiye mu gihugu bwa mbere zari 28.

Mu 2022, imodoka z’amashanyarazi zinjiye mu gihugu zari 134 mu gihe iza Hybrid zari 520. Mu 2023, imodoka z’amashanyarazi zageze ku 103 mu gihe iza Hybrid zinjiye ari 2.386.

Bigeze mu 2024, imodoka z’amashanyarazi zinjiye zari 218 mu gihe iza Hybrid zo zinjiye mu gihugu ari 3.726. Muri rusange, imodoka z’amashanyarazi ziri mu Rwanda guhera mu 2020 ni 512 mu gihe iza Hybrid ari 7.172.

Mbere y’iyo myaka, imodoka z’amashanyarazi zinjiye mu gihugu zari munsi y’icumi ku mwaka kuko nko mu 2018, hinjiye imodoka imwe gusa. Mu 2019, imodoka zikoresha amashanyarazi zatangiye kuzamuka kuko hinjiye 10.

Leta yakuyeho umusoro ku nyongeragaciro (VAT) ku modoka zikoresha amashanyarazi, ibyuma bisimbura ibindi, batiri zazo n’ibikoresho bikenerwa mu kuzongeramo umuriro.

Ibyo byatumye nko mu 2019, imisoro leta yigomwe ingana na miliyoni 26,7 Frw; 2020 iba miliyoni 101,6 Frw mu gihe mu 2021 yageze kuri miliyoni 498,7 Frw.

Raporo ya RRA yo mu mwaka wa 2022/23, igaragaza ko leta yigomwe imisoro ingana na miliyari 4,6 Frw kubera izi modoka.

Imodoka zifashisha amashanyarazi zatangiye gukorwa cyane kuva mu 2008 biturutse ahanini ku mpungenge Isi yagize ku izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ndetse no kuba ibihugu byinshi byari bishyize imbere imishinga yatuma hagabanuka imyuka ihumanya ikirere. 


U Rwanda rwakiriye izindi modoka nshya zikoresha amashanyarazi


Imodoka zahawe u Rwanda zizarufasha kuvuguta umuti w'ikibazo kiruhangayikishije


Umuyobozi wa RITCO Ltd, Nkusi Godfrey yavuze ko bateganya kongera izi modoka mu minsi iri imbere mu rwego rwo kugendana n'Igihugu muri gahunda yo kugabanya imyuka yangiza ikirere


Grey Shen Guangyu ushinzwe ubucuruzi muri Yutong yavuze ko biyemeje gushora imari mu Rwanda kubera isuku n'umutekano bihari


Ni imodoka rikoranye ikoranyabuhanga rihambaye zizatanga umusanzu mu kurwanya ihumana ry'ikirere






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND