RFL
Kigali

Kenya: Abadepite bemeje ko Visi Perezida yeguzwa

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:9/10/2024 8:44
0


Nyuma y'uko atakambiye Perezida William Ruto, abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w'Abadepite muri Kenya batoye ku bwiganze umwanzuro wo kweguka Visi Perezida w'iki gihugu, Rigathi Gachagua.



Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya yatoye umwanzuro wo kweguza Visi Perezida w’icyo gihugu, Dr Rigathi Gachagua. Ni umwanzuro watowe n’Abadepite 281 mu gihe abandi 44 batoye OYA.

Biteganyijwe ko umwanzuro wa nyuma uzatorwa na Sena. Dr Gachagua ashinjwa gusuzugura Umukuru w’Igihugu, irondabwoko no gukoresha umutungo wa Leta mu nyungu ze.

Mu gihe Perezida wa Sena amenyeshejwe iby’iki cyemezo biteganyijwe ko agomba gutumiza abandi ba senateri bitarenze iminsi irindwi kugira ngo bafate umwanzuro.

Sena ifite ifite iminsi 10 yo kuba yemeje niba koko Visi Perezida yeguzwa, cyangwa igatesha agaciro uyu mwanzuro.

Rigathi Gachagua yari aherutse gusaba Perezida William Ruto guca inkoni izamba akamubabarira, yinginga avuga ko niba hari ikosa yamukoreye yamubabarira akamuha andi mahirwe yo gukorera Abanyakenya.

Uyu mugabo yasabye kandi imbabazi abagize Inteko Ishinga amategeko ndetse na rubanda rusanzwe rwaba rwifuza ko yeguzwa ku mirimo ye.

Abadepite bo ku ruhande rwa Willian Ruto nibo batanze ingingo isaba kweguza Visi-perezida Gachagua.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND