RFL
Kigali

Harimo n'amaze imyaka irenga 800! Ubwoko 10 bw’amafaranga ashaje cyane agikoreshwa ku Isi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:20/09/2024 13:46
0


Amafaranga yagiye ahindura ubuzima bwa muntu mu myaka 5000 ishize. Igitekerezo cyo kuyashyiraho, kwari ukugira ngo abantu babashe kumvikana ku gaciro ndetse n'igiciro k'ibicuruzwa na serivisi ari na ko abantu babona uburyo bwo kubika ubutunzi bwabo.



Ifaranga rya kera cyane rigikoreshwa muri iki gihe ni iryitwa 'British pound' ryakozwe mu gihe cya Anglo-Saxon mu kinyejana cya munani, rikoreshwa mu bihugu by'u Bwongereza.

Hirya no hino ku Isi usanga ibihugu bitandukanye bifata igihe bigahindura ubwoko bw’amafaranga bikoresha; ibi ntabwo bipfa kurotwa na Banki Nkuru zabyo ahubwo bituruka ku mpamvu zitandukanye zirimo n’umutekano wayo.

Dufashe urugero ku Rwanda, amateka agaragaza ko Ifaranga ryatangiye gukoreshwa mu Rwanda mu hagati y’umwaka wa 1914 ubwo Ababiligi batangizaga ifaranga rigasimbura urupiya (Deutsch-Ostafrikanische Rupie) ryakoreshwaga ku gihe cy’Abakoloni b’Abadage.

Kuva icyo gihe mu Rwanda hakoreshejwe Ifaranga rya Congo-Mbiligi, kera kabaye risimburwa n’Ifaranga ryari risangiwe n’u Rwanda n’u Burundi.

Nyuma y’ubwigenge bw’ibihugu byombi nibwo hatangiye gukoreshwa ifaranga ry’u Rwanda nyirizina, gusa zaba inoti cyanwa ibiceri, byagiye bihindurwa uko iminsi yagiye ishira kugeza na n’ubu.

Zimwe mu mpamvu zituma igihugu gifata icyemezo cyo guhindura amafaranga, harimo kuba hari igihe Banki Nkuru y’Igihugu ijya gukoresha amafaranga yashaje igasanga ibyo akorwamo byarahindutse cyangwa bitakiboneka bitewe no gutera imbere kw’ikoranabuhanga, bikaba ngombwa ko bahitamo gukoreshwa ibihari bigezweho, amafaranga akaba ahindutse atyo.

Hari igihe igihugu kinjira mu bihe by’intambara ndetse bigatuma abanyagihugu bahunga, aba bashobora guhungana amafaranga menshi ndetse bakajya aho iyo banki iba itakibasha kugenzura ayo mafaranga.

Ku bw’ibi, Banki ifata icyemezo cyo guhindura amafaranga bigatuma abayahunganye bayagarura kugira ngo atabapfira ubusa.

Nubwo bimeze bitya ariko, hari amafaranga amaze igihe kinini cyane kurusha ayandi agikoreshwa mu bihugu by'u Bwongereza, Amerika, Canada n'ahandi ku isi.

Uru, ni urutonde rw'ubwoko 10 bw'amafaranga ashaje cyane kurusha ayandi ku isi akaba agikoreshwa no muri iki gihe, nk'uko rwatangajwe na Visual Capitalist:

Rank

Country/User

Currency

Introduced

1

UK + 9 British territories

British pound

8th century

2

Serbia

Serbian dinar

1214

3

Russia

Russian ruble

13th century

4

U.S.

Dollar

1785

5

Haiti

Haitian gourde

1813

6

Falkland Islands

Falkland Islands pound

1833

7

Dominican Republic

Dominican peso

1844

8

Switzerland

Swiss franc

1850

9

Canada

Canadian dollar

1871

10

Japan

Yen

1871

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND