RFL
Kigali

Ishusho y’ibikorwaremezo bishingiye ku ngufu Perezida Kagame yagaragaraje nk’inkingi ya mwamba mu iterambere ry'u Rwanda

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:20/09/2024 12:32
0


Muri gahunda ya guverinoma yo kwihutisha iterambere ry’u Rwanda ya 2024/2029, NST2, biteganyijwe ko umuriro w’amashanyarazi uzaba wageze mu ngo zose.



Abasesengura iby’ubukungu bemeza ko bashingiye ku byakozwe mu myaka 30 ishize, bitanga icyizere ko n’ibiri mu cyerekezo cy’u Rwanda cya 2050 bizagerwaho nta kabuza. Urwego rw'ibikorwaremezo ni rumwe mu byagize uruhare rukomeye mu iterambere igihugu cyagezeho mu myaka 30 ishize, kuko byorohereje ubuhahirane. 

Perezida Paul Kagame yagaragaje urwego rw'ibikorwaremezo bishingiye ku ngufu z'amashanyarazi nk’inkingi ya mwamba mu iterambere ry’u Rwanda, ndetse no mu kureshya abashoramari b’abanyamahanga.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane, ubwo yari mu kiganiro n’Umuyobozi w’Ikigo Milten Institute, Richard Ditizio muri Singapore. Iki kiganiro cyagarutse ku rugendo rw’iterambere ry’u Rwanda, aho mu bibazo byabajijwe Perezida Kagame harimo ikigaruka ku ibanga ryafashije mu kugeza amashanyarazi ku bagera kuri 73% bavuye kuri 6% bariho mu 2009.

Ditizio yagize ati: “Kimwe mu bintu bikomeye mu iterambere ry’u Rwanda ni umuvuduko wo kugeza umuriro w’amashanyarazi hirya no hino. Nahoze ndeba mu 2009, Abanyarwanda 6% gusa ni bo babonaga umuriro w’amashanyarazi bihoraho. Uyu mwaka umubare warenze 75%. Mwabigenje mute kugira ngo byihute bitya?”

Perezida Kagame yasubije ko Guverinoma y’u Rwanda yashoye imari mu bikorwaremezo bishingiye ku ngufu kuko ari byo bituma n’ibindi bikorwa byose by’iterambere ry’igihugu bishoboka.

Ati: “Muri byose twabonye ko ibikorwaremezo bishingiye ku ngufu ari ingenzi cyane kuko bituma ibindi byose bishoboka. Ishoramari rikeneye ingufu, ikoranabuhanga rikeneye ingufu n’ibindi. Amafaranga yaturutse muri guverinoma no mu bafatanyabikorwa. Hari abafatanyabikorwa mu iterambere badusabye kugaragaza ibyo dushyize imbere.”

Umukuru w’Igihugu yasobanuye ko ingufu z’umuriro w’amashanyarazi zakuruye abashoramari benshi, aho yagize ati: “Ibi byakuruye abashoramari benshi kubera ibyo twavugaga. Twaremye umwanya utanga icyizere, ko niba abantu bashoye imari mu Rwanda, inyungu biteze bayibona kandi mu by’ukuri hari ubwo irenga iyo bari biteze. Kandi twabonye ko iri shoramari ryagiriye umumaro bose.”

U Rwanda ruza ku mwanya wa 2 muri Afurika mu korohereza ishoramari nk'uko raporo ya Doing Business ikorwa na banki y'isi ibigaragaza, ibi birwongerera amahirwe yo kureshya abashoramari no kubonera abaturage imirimo kugira ngo bazamure imibereho yabo n'amafranga binjiza kandi babashe no guhaha.

Imibare itangwa na Banki y’Isi, yerekana ko abantu bagerwagaho n’umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda mu 1991 bari 2,4%, barazamuka bagera kuri 6% mu 2009, naho mu 2023 bagera kuri 74,$%.
Kugeza ubu u Rwanda rwagejeje amashanyarazi ku kigero cya 100% ku bigo nderabuzima n’inyubako z’ubuyobozi ku rwego rw’akarere no ku kigero cya 84% by’amashuri n’abafite ibikorwa biyabyaza umusaruro (ba rwiyemezamirimo bato n’abaciriritse).

Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG igaragaza ko kugeza muri Mutarama 2024, ingo zingana na 21% by’abafite amashanyarazi zakoreshaga akomoka ku mirasire y’izuba, mu gihe 55% zo ari akomoka ku muyoboro mugari. Ivuga kandi ko u Rwanda rutunganya amashanyarazi agera kuri megawatt 383.4 zivuye kuri 276 mu 2022. Ni mu gihe mu 1994, igihugu cyatunganyaga megawatt 36 naho amakusanyirizo y’amashanyarazi yo yari 13.

Minisiteri y’Ibikorwaremezo igaragaza ko u Rwanda rufite intego yo kugeza amashanyarazi mu ngo n’ahari ibikorwa bibyara inyungu ku gipimo cya 100% muri 2030, aho muri yo 60% azaba akomoka ku ngufu zitangiza ibidukikije ziganjemo izikomoka ku mirasire y'izuba n'ingomero.

Mu ntangiriro z’uku kwezi ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe Ingufu "Energy week", Minisiteri y'Ibikorwaremezo yagaragaje ko ubufatanye bw’abashoramari ari ingenzi cyane mu kurushaho kongera ingufu z’amashanyarazi.

Urugomero rwa Rusumo n’uruganda rushya rwa Shema Power, ziri mu zitezweho kuzamura igipimo ingufu z’amashanyarazi ziriho mu Rwanda.

Kugeza ubu imibare ya REG igaragaza ko ingo 77.7% ari zo zifite umuriro w’amashanyarazi zivuye kuri 34% zariho muri 2017.


Perezida Kagame yagaragaje urwego rw'ibikorwaremezo bishingiye ku ngufu nk'inkingi ya mwamba mu iterambere ry'u Rwanda 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND