Kigali

Mimi Martine yavuye imuzi uko umugabo we yagize uruhare mu ndirimbo ye Emmy Vox- VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/08/2024 19:35
0


Umuhanzikazi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Mimi Martine yatangaje ko yabashije gukorana indirimbo "Thank you Jesus" na mugenzi we Emmy Vox biturutse ku biganiro yagiranye nawe n'umuhate washyizweho n'umugabo we kugira ngo babashe gukorana.



Uyu mugore atangaje ibi mu gihe iyi ndirimbo yagiye hanze mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 18 Kanama 2024. Ni nyuma y'iminsi yari ishize araritse abakunzi be isohoka ry'indirimbo ye nshya.

Amaze igihe yinjiye mu muziki, kandi yagaragaje ko arangamiye gushyira itafari rye kuri 'Gospel' uko byagenda kose. Yinjiriye mu ndirimbo yise 'Urakwiriye', akomereza muri 'Milele', 'Calvary', 'Iracyavuga' yakoranye na Aline Gahongayire ndetse na 'Waramfashe'.

Mu kiganiro na Inyarwanda, Mimi Martine yavuze ko gukorana na Emmy Vox byaturutse ku kuba "narashakaga gukora indirimbo yagera ku bantu benshi kandi numvise mu bahanzi benshi natekerezaga kuba nakorana nabo Emmy Vox nawe yari arimo kuko ari mu bahanzi nkunda baririmba indirimbo zihimbaza Imana."

Yavuze ko ibiganiro yagiranye na Emmy Vox yanabifashijwemo n'umugabo we. Ati "Twaramwegereye njyewe n'umugabo wanjye atatugoye yahise atwemerera ku buryo mbese tukimusaba niba yakwemera tugakorana indirimbo, yahise abyakira neza. Ntakutugora na gato, ku buryo natwe twahise tuvuga ngo uyu muntu ni umukozi w'Imana."

Mimi Martine yavuze ko ashingiye ku mikoranire ye na Emmy Vox yabonye ko ari umuhanzi ukizamuka kandi ugaragaza gushyigikirana na bagenzi be. Avuga ko mu kwandika iyi ndirimbo yisunze ubutumwa buboneka muri Zaburi 23 hagira ati "Uwiteka ni we mwungeri wanjye sinzakena.”

Muri iyi ndirimbo bibutsa abantu kutiheba, kuko 'uwiteka ariwe mwungeri wacu'. Martine ati "Ibibazo byose uhura nabyo ntikwiye kwibagirwa ko ufite umwugeri uhora ugukingira. Ibyo wacamo byose ntabwo ugomba kwibagirwa y'uko umwungeri wawe ahari." 

Yavuze ko asohoye iyi ndirimbo mu gihe ari gukora kuri Album ye ya mbere, kandi ari gukoranaho n'abahanzi batandukanye ndetse na ba Producer batandukanye.

Iyi ndirimbo ‘Thank you Jesu’s yakozwe mu buryo bw’amashusho (Video) na Cyusa, ni mu gihe amajwi yafashwe anononsorwa na Prince Kiiiz muri Hybrid Studio.

Amashusho y'iyi ndirimbo agaragaramo umusore witwa Young Legend, umubyinnyi uri mu bagezweho muri iki gihe. Ni umwe mu babyinnyi babyiniye umuraperi Sherrie Silver ubwo yakoreraga igitaramo gikomeye cye cya mbere mu Rwanda cyabereye muri BK Arena mu 2023.

Uyu musore ari mu basanzwe babarizwa mu muryango Sherrie Silver Foundation washinzwe n'umubyinnyi Sherrie Silver.


Mimi Martine yatangaje ko yabashije gukorana indirimbo na Emmy Vox bigizwemo uruhare n’umugore we


Emmy Vox ari mu baramyi bigaragaje cyane kuva mu myaka itatu, kandi washyize imbaraga mu gukorana indirimbo na bagenzi be


Mimi Martine yavuze ko ari gutegura Album ye ya mbere yakoranyeho n’abandi bahanzi

KANDA HANO UREBEAMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘THANK YOU JESUS’ YA MIMI MARTINE NA EMMY VOX

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND