RFL
Kigali

Prosper Nkomezi yagabiwe inka ebyiri mu gitaramo gikomeye yakoreye muri Uganda-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/07/2024 14:35
0


Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi yeretswe urukundo rudasanzwe n’abanya-Uganda yataramiye mu gitaramo cyihariye cyari kigamije ivugabutumwa ryagutse no gusabana n’abakunzi b’umuziki we ndetse n’abafana muri rusange.



Ni ku nshuro ya kabiri uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Ibashagukora’ yari ataramiye muri iki gihugu giherereye mu Majyaruguru y’u Rwanda. Urukundo abanya-Uganda bamukunda, rwanigaragaje mu gitaramo yakoreye i Kigali, muri Gicurasi 2024 yamurikiyemo Album ze ebyiri.

Icyo gihe hari abanya-Uganda benshi bitabiriye iki gitaramo, ndetse mu biganiro bitandukanye bagiranye n’itangazamakuru bumvikanishije ko bakunze indirimbo ze ndetse n’inganzo ye muri rusange, byatumye biyemeza kumushyigikira mu rugendo rwe rw’umuziki.

Iki gitaramo Prosper Nkomezi yagikoze mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 7 Nyakanga 2024, muri Plaza Auditorium mu Mujyi wa Jinja muri Uganda

Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Prosper Nkomezi yavuze ko yanyuzwe n’uburyo yakiriwe muri Uganda, kandi igitaramo cyagenze neza, kuko bamwe mu bantu babuze aho kwicara, ndetse amwe mu matike yari yashize ku isoko mbere y’umunsi w’igitaramo.

Ati “Igitaramo cyagenze neza ku rwego rwiza! Ahabereye igitaramo habaye hato, amatike yo muri VIP yashize kare, ndetse umwanya watubanye muto, kuko abantu bari bagishaka kuramya ariko kubera umwanya muto igitaramo cyarangiye kare.”

Uyu muhanzi yavuze ko iki gitaramo cyatangiye saa kumi n’imwe ku isaha yo muri Uganda, kirangira ahagana saa tanu z’ijoro. Ati “Nagiye ku rubyiniro ahagana saa mbili z’ijoro dusoza ahagana saa tanu z’ijoro, ni njye wasoje igitaramo. Cyabaye igitaramo kinini cyane.”

Muri iki gitaramo, Prosper Nkomezi yagabiwe inka ebyiri- Yasobanuye ko bigaragaza urukundo abo muri Uganda bamukunda. Ati “Ninjye wasoje igitaramo, kandi bangabiye inka y’inyankole, bampa n’indi ifite inkomoko mu Rwanda.”

Ni igitaramo avuga ko kitabiriwe na ba Minisitiri muri Guverinoma, hari kandi Anita Annet wabaye Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda kugeza mu 2022, abahanzi barimo nka Levixone, Lubega n’abandi bahanzi bakomeye muri kiriya gihugu.

Mbere y’iki gitaramo, Prosper Nkomezi yakiriwe n’umushumba w'Itorero Light the World Ministries, Wilson Bugembe mu itorero, atumira abakristu muri iki gitaramo cye cya kabiri.

Nkomezi yavuze ko ashingiye ku kuntu yakiriwe muri kiriya gihugu, yahakuye ishusho y’uko umuziki w’u Rwanda umaze kurenga imipaka.

Ati “Nabonye y’uko umuziki wacu umaze kugera muri ibi bihugu duturanye, bafite urukundo rwinshi, twaririmbanye kuva ku ndirimbo ya mbere kugera ku ya nyuma hafi amasaha atatu. Turashima Imana byagenze neza, ubutaha ni ugutegurira ahantu hanini, kuko aho twakoreye hari hato.”


Prosper Nkomezi yongeye gutamira muri Uganda ku nshuro ye ya kabiri mu gitaramo cyihariye 


Abitabiriye iki gitaramo bagabiye Nkomezi ebyiri mu rwego rwo kumushimira

Ibihumbi by'abantu bahembuwe muri iki gitaramo cy'ivugabutumwa


Nkomezi yavuze ko yanyuzwe n’uburyo abakunzi be bamwakiriye muri Uganda 


Mbere yo gutamira muri Uganda, bamwe bantu bagaragarije urukundo Prosper Nkomezi


Muri iki gitaramo, Nkomezi yagabiwe inka ebyiri ndetse bamushimira uburyo yabataramiye


Iki gitaramo kitabiriwe n’abayobozi banyuranye muri Guverinoma ya Uganda


Nkomezi yavuze ko umuziki w’u Rwanda warenze imipaka ashingiye ku kuntu yakiriwe


Nkomezi yavuze ko amatike yo kwinjira muri iki gitaramo yashize mbere, ndetse aho yataramiye habaye hato


Umushumba Mukuru w'Itorero Light the World Ministries rikorera muri Uganda akabifatanya n'umuziki, Pastor Wilson Bugembe yakiriye kandi agirana ibiganiro na Prosper Nkomezi

 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO‘NYIGISHA’ YA PROSPER NKOMEZI

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO‘HEMBURA MWAMI’ NKOMEZI YAKORANYE NA MISIGARO GENTIL

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND