RFL
Kigali

Umuhanuzi Ganza wahoze arinda The Ben na Pasiteri Niragire wicuruzaga basezeranye binyeganyeza imbuga-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:31/05/2024 14:41
1


Pastor Niragire Germain wahoze akora umwuga udakiranutse w’ubusambanyi ariko akaza kwakira agakiza, yasezeranye imbere y’amategeko n’umuhanuzi Tuyishime Ganza, ibintu byatigishije imbuga nkoranyambaga.



Guhera ku mugoroba wa tariki ya 30 Gicurasi 2024 imbuga nkoranyambaga zatangiye kubomborana bitewe n’inkuru y'abari mu ivugabutumwa babiri bafite inkuru idasanzwe bihuje. Abo ni Tuyishime Ganza wakoze ubukwe na Pastor Germaine.

Tuyishime Ganza yamaze igihe kitari gito acungira umutekano umuhanzi w'icyamamare Mugisha Benjamin [The Ben], ariko nyuma aza kubihagarika, yinjira mu gukora umurimo w’Imana.

Ni mu gihe Pastor Germaine yahoze akora umwuga w’uburaya, nyuma aza kuwuvamo atangira kwamamaza inkuru nziza ya Yesu Kristo.

Aba bombi basezeraniye mu mategeko mu Murenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali. Mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru bumvikanye amashimwe ari menshi.

Pastor Germaine yagize ati: ”Ikintu nabwira abantu ni uko umugambi w’Imana utajya upfa, ikindi umugambi w’Imana nturogwa, Imana iyo ivuze ijambo irarisohoza.”

Umuhanuzi Ganza yavuze ko yahuye na Germaine ubwo yari akigera i Kigali avuye mu Ntara y’Uburengerazuba, Akarere ka Rusizi aho avuka.

Mu kiganiro kihariye yahaye inyaRwanda, Ganza yagize ati: ”Turanezerewe ibyo Yesu akoze mu rukiko twanyuzemo ntabwo byari byoroshye.”

Ubu bukwe bwabo bwagiye butegwa imitego irimo kuba Ganza ngo hari umukobwa yaba yarateye inda, ariko ibyo yabihakanye.

Indi mihango y’ubukwe bw'aba bombi iteganijwe kuwa 28 Nyakanga 2024.

Ganza na Germaine bamaze kuba umwe imbere y'amategeko ya Repubulika y'u Rwanda Umwe yahoze ari mu myidagaduro arinda The Ben undi yicuruza nyamara baje kwakira agakiza ubu bamaze gutera intambwe iganisha ku kubana akaramata Amashimwe ni yose kuri bo, aho banyuzwe cyane n'ibyo Imana yabakoreye mu buzima bwabo kuko yabahinduriye amateka 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gerald4 months ago
    Nshatse kubabaza banyamakuru, buriya mukoze inkuru mukagerageza kuvuga umuntu mudahereye ku hahise he cyane cyane iyo atari heza ntibyarushaho kubera uwo mwanditse byiza. cyangwa mwandika gusa mutitaye ku ngaruka uwo mwanditse bizamugiraho? Uziko buriya nubwo yaba abyivugira uko yari ameze kera bitamukoroga cyane nk'uko byaba bivuzwe n'undi cyane cyane igitangazamakuru!!? Ni ukubaza niba nibeshya ku mikorere munyihanganire.





Inyarwanda BACKGROUND