RURA
Kigali

Afite imyaka 24, yize muri Amerika: Byinshi kuri Zuba Mutesi umushyushyarugamba uri gutigisa BK Arena

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/05/2024 14:31
0


Zuba Vanessa Mutesi ari mu bakobwa bakunda u Rwanda bikomeye wize muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko akaza kuhava akagaruka gukomeza kugira uruhare mu kubaka urwamubyaye.



Niba uri kwitabira cyangwa gukurikirana imikino ya BAL iri kubera muri BK Arena wumva ijwi rimeze nk'iryo wumvise kuri radiyo zimwe mu Rwanda.

Rikaba ari ry’umunyamakurukazi Zuba Mutesi umaze kwamamara mu kuyobora ibirori n’ibitaramo bikomeye nk'icyo Joshua Baraka aheruka gukorera mu Rwanda.

Hakaza kandi ko yayoboye ibitaramo bya Trace Awards&Festival byabereye muri Camp Kigali ndetse ubwo DJ Kamo Mphela aza mu Rwanda nabwo niwe wakiyoboye n’ibindi.

Twifuje kugaruka gato kuri uyu mukobwa ukomeje gutigisa imihanda ya Kigali mu birori n’ibitaramo bikomeye bikomeza kuhabera.

Zuba Vanessa Mutesi yavutse mu 1999 muri Kampala mu gihugu cya Uganda aho Nyina yakuriye mu nkambi z’impunzi z’abanyarwanda bari barahahungiye.

Nyuma yaje kuza mu Rwanda ari muto niho yize amashuri kugeza ku yisumbuye, ayasoje muri 2018 yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu 2021 ni bwo yasoje Kaminuza mu ishami ry’ibijyanye n’itumanaho n’uburinganire.

Ni umwanditsi wibanda ahanini ku birebana n’ubuzima bwo mu mutwe. Akunda cyane umuziki, kuganira no guseka aho ari haba nta rungu.

Avuka mu muryango w’abana 7, we akaba ari bucura, yarezwe na Mama we banasa cyane kuko ababyeyi be baje gutandukana.

Kudakurira mu biganza by’ababyeyi bombi byamugizeho ingaruka ariko kuba yarafite bakuru be n’abasaza be bamukunda bamutetesha nabwo byabaye ibintu birebire.

Yakuranye igikomere cyo kumva ko gutandukana kw’ababyeyi be ari we wabaye imvano noneho byakubitiraho ukuntu abantu bamuhozaga ku nkeke ngo arabyibushye akumva ariyanze.

Ari nabyo byatumye ashaka kugira ubumenyi ku birebana n’ubuzima bwo mu mutwe uko umuntu ashobora gukira ibikomere byo mu buto.

Ubwo yigaga muri Amerika ikintu cyamugoye ni ukubona ukuntu abantu baba ari banyamwigendaho, bahura mu buryo bw’akazi gusa.

Uyu mukobwa ku mubiri we afite tattoo ahantu hatandukanye ngo bishingira ahanini ku rukundo akunda ubuhanzi kandi zose zifite igisobanuro ku buzima bwe no muri rusange.

Mu mvugo ye yaba mu biganiro agenda atanga ahantu hatandukanye yumvikana avuga ku rukundo akunda u Rwanda cyane.

Ishingiro ryabo rikaba kuba yarumvise inkuru z’uburyo kutagira igihugu biryana bihereye kuri Mama wawe wakuriye mu nkambi z’impunzi muri Uganda.

Hakaza kandi no kuba atumva impamvu adakwiriye kuba mu gihugu cye ngo agiteze imbere akajya guteza imbere iby’abandi batazanabimushimira.

Yumva akwiye kugira uruhare mu gutegura ahazaza h'abazamukomokaho n’abandi.Zuba Mutesi aha yari kumwe na Slimdope umunyafurikay'Epfo  bari gufatanya kuyobora ibikorwa bya BAL muri BK Arena Ni umukobwa ufite ijwi rikomeye n'Icyongereza kivugitse neza byorohereza n'abanyamahanga kumva ibyo avuga Yize Kaminuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika asoje yiyemeza gukomereza ibyo akora byose mu Rwanda umubyeyi we yaharaniye kubohoraAho ari hose aba yibutsa abantu ko ari Umunyarwandakazi kuko aricyo kirango yumva gikwiye kumuranga mbere y'ibindi byoseAhuza umwuga w'itangazamakuru no kuba umushyushyarugamba mu birori n'ibitaramo bikomeye 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND