RFL
Kigali

Ingaruka ku kwikorera kwa Element na Prince Kiiiz

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:8/05/2024 13:33
0


Robinson Fred Mugisha [Element Eleeeh] na Moïse Irabusa [Prince Kiiiz] kuba batangira gukora nk’abatunganya umuziki ku giti cyabo byagira ingaruka ki kuri bo ubwabo no ku muziki nyarwanda.



Iminsi ishize ari myinshi havugwa inkuru y'uko Element na Prince Kiiiz bari mu nzira yo gutangira kwikorera ku giti cyabo. Ibi ariko ku ruhande rwa Eleeeh bikaba bitarasobanuka neza.

Kuko mu itangazo riheruka gushyirwa hanze na 1:55AM bagaragaje ko akiri umwe mu banyamuryango babo. Ku ruhande rwa Prince Kiiiz we yamaze gutangaza ko igihe kigeze ubu yatangiye kwikorera.

Country Records yari amaze iminsi akorera imwifuriza amahirwe masa. Muri iryo tangazo kandi bongeye kwitsa ku ngingo y'uko Element atagakwiye kwiyitirira ibikorwa byabo,

Aha Country Records yavugaga ko yahaye byose uyu musore none akaba yifuza no kwiyitirira Afro Gako batangije. Iyi ngingo tukaba ariko atariyo tugiye gutindaho ahubwo twifuza gutera icyumvirizo mu bibazo bisa nk'ibyakemuka mu muziki

Igihe yaba Prince Kiiiz na Element baba batangiye kwikorera.

Hano wahera ku mubano usanzwe aba basore bakomeje guheka uruganda rw’abatunganya umuziki basanzwe bafitanye n’abahanzi n’inzu bakoreraga.

Ugiye ku ruhande rwa 1:55AM, kugeza ubu biracyagoye kubona abahanzi biganjemo abakuru bisanga muri iyi nzu bitewe ahanini n’uburyo abayigize wavuga ko ari abo mu kiragano cya vuba.

Ibi bituma usanga iyi nzu ahanini iyobokwa n’aba basore n’inkumi nabo batari benshi bo muri ibi bihe.

Dore ko abayigana hakirimo umusumarii wo kwiyumvisha ko yagenewe abahanzi bayo aribo Bruce Melodie, Ross Kana na Kenny Sol.

Nko ku muhanzi The Ben we biragoye ko yabasha kubona uko akorana indirimbo na Element bishingiye ahanini ku mubano we na bamwe muri iyi nzu udahagaze neza.

Aha wahera kuri Coach Gael  nyiri 1:55AM wabanje gushaka gukoranaho na we nyamara bikarangira bidakunze ndetse n’ubu bivugwa ko uyu muhanzi yamwambuye amafaranga atari make.

Hakaza kandi na Bruce Melodie wakomeje kugaragaza ko yasuzuguwe inshuro zirenga imwe na mugenzi we The Ben ibintu bimaze imyaka bikururana.

Ibi bivuze ko hakiri umusumari bigoye kurandura mu mikorere yisanzuye no kubasha guhaza ibyifuzo by'abafana n’abahanzi kuri Element mu gihe cyose yaba adafashe umwanzuro wo gutangira kwikorera.

Urebye mu nguni za Prince Kiiiz ni umusore ufite abahanzi baziranye kuva mu buto biganjemo abanyuze mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo.

Iminsi yari amaze muri Country Records nayo yamwaguriye amarembo inatuma ashinga imizi bityo kuba yakomeza gukorera muri Country Records imusaba ko bagabana ku byo yinjije.

Ikaba kandi irimo abandi birumvikana baba basa n’abahatanye umunsi ku wundi kuko nabo bashaka kwerekana ko bamurenze, wavuga ko nta mahirwe menshi bimuhereza.

Ku rundi ruhande ariko hari abakiriya yari afite azahomba bazaga bakurikiye izina rya Country Records nubwo hari n’abandi azunguka batiyumvagamo iyi nzu.

Nka Bruce Melodie bigoye kuba yahisanga nk'uko byari bisanzwe mbere y'uko agera muri 1:55AM dore ko ihangana ry’uyu mugabo na The Ben ryatumye hari uburyo atangira kwikandagira kuri Noopja usanzwe ari umuntu we  wa hafi .

Ibi bisobanuye ko nk’umucuzi w’umuziki ko hari urwego ariho ku buryo gukomeza gukorera muri Country Records imusaba ko bagabana ku mafaranga ya buri gikorwa yakoze.

Umuntu arebye neza akaba yavuga ko ku iterambere ry’umuziki kuba aba basore babadafungiye hamwe hari umurindi n’ubwisanzure byakongera mu muziki wa none.Amakuru amaze iminsi ni uko Element Eleeeh ari muri gahunda zo gutangira kwikorera ibintu byenyegejwe no kuba 1:55AM yaravuze ko igihe kigeze ngo asohoke kandi acukePrince Kiiiz we yamaze gusezera ndetse anifurizwa amahirwe masa na Country Records byitezwe ko mu cyumweru gitaha azamurika  Studio ye bwite 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND