RFL
Kigali

Sonia Rolland yambitswe impeta

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:7/05/2024 9:31
0


Sonia Rolland Umunyarwandakazi wabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu mwaka wa 2000 nyuma y’imyaka igera kuri 7 atandukanye na Jalil Lespert yongeye kugaragaza ibyishimo nyuma yo kwampikwa impeta n'iwo yihebeye.



Uyu mubyeyi w’abana babiri ubu uri mu myaka 43, yasangije abamukurikira amakuru meza ati”Navuze Yego”. Ubu butumwa abuherekesha ifoto afatanye mu kiganza n’uwamwambitse impeta.

Ashimira kandi iduka rimaze gushinga imizi muri Paris mu gutunganya impeta kuba baramutunganirije iy'akataraboneka.

Sonia Rolland akaba yaratandukanye na Lespert mu mwaka wa 2018, bakaba bari bafitanye umwana umwe w’umukobwa witwa Kahinda ubu uri mu myaka 14.

Mu busanzwe ariko Sonia Rolland akaba afitanye undi mwana na Christophe Rocancourt na we bakanyujijeho. 

Uyu  mugore yari amaze iminsi atunganya filime igaruka ku buzima bwe yise Destin Inattendu.

Hari kandi n’izindi yagiye akoraho nka Le Dindon, Femmes du Rwanda n’izindi, agenda agaragara mu bikorwa bikomeye by’imideli nka Paris Fashion Week n’amaserukiramuco atandukanye.Sonia Rolland ari mu byishimo byo kwambikwa impeta y'integuza (Fiancailles)Abamukurikira  bamurase amashimwe bamubwira ko akwiye ibyiza 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND