RFL
Kigali

RGB yemeza ko icyo yagombaga gukorera Rayon Sports yagikoze

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:6/05/2024 10:06
0


Dr. KAITESI Usta umuyobozi wa RGB yatangaje ko ikibazo Rayon Sports yari ifite cyari ubuyobizi kandi ko bagikemuye, ibindi bituma abantu batishima ari ibyo mu kibuga.



Kuri iki cyumweru mu Karere ka Rubavu nibwo umuyobozi wa RGB Dr. KAITESI Usta yagiranye ikiganiro n'itangazamakuru. Cyari ikiganiro cyagaruka ku buryo imikino y'Umurenge Kagame Cup 2024 yari imaze gusorezwa kuri sitade Umuganda. Mu gihe ikiganiro cyari kigeze hagati, nibwo umunyamakuru Mugenzi Faustin ukorera Isibo FM, yabajije Dr. KAITESI Usta ku kibazo cya Rayon Sports.

Mugenzi yamubajije niba hari ibitekerezo byo gushima uko Rayon Sports ibayeho bajya bakira nyuma yo kuyifasha gushyira abayobozi.

Dr. KAITESI Usta yavuze ko bigendanye n'uko ikipe bayisanze, ubu ikibazo cy'ubuyobozi cyakemutse. Yagize Ati" Umukino ni umukino, ikipe tugendeye ku byo tubona, ibihe yaririmo icyo gihe, amakimbirane yari ahari mujye mwibuka ko rega byabaye turi no muri COVID-19 nta mikino ihari, ni nacyo kibigira ikibazo cy'imiyoborere. Abantu kugirana ibibazo bingana kuriya badakina bisobanuye ko icyo bapfaga kitari umupira.

Uyu munsi uko ikipe ihagaze n'uko umupira umera ibyo ni ibibera mu kibuga, ariko icyari kigamijwe kwari ukugira ngo ikipe igire ubuyobizi bwita ku nyungu zayo  kandi butarimo urujijo kuko kiriya gihe twari dufite abantu bamwe bavuga ko ari abayobozi ndetse n'abandi bavuga ko ari abayobozi. Icyo twakemuye rero cyari ikibazo cy'imiyoborere kandi nk'uko ubivuze hari abagiye bavuga ko mu bibazo ikipe ifite hatarimo ikibazo cy'imiyoborere.”

Rayon Sports kuva mu 2019 ubuzima bwaranze kuko igikombe cha shampiyona itazi uko gisa, ndetse abafana bakomeje kuyitakariza icyizere 

Agaruka ku kuba hari abavuga ko ikipe RGB yayatse banyirayo, Kaitesi yabiteye utwatsi.Ati“Ntabwo nzi abo muvuga ngo ni ba nyiri ikipe, ariko umuryango utari uwa Leta ntugura bafite amazina bwite. Uba ari umuryango ushingiye ku inyungu rusange. Iriya ni ikipe y'abaturage ikibazo yari ifite ni ubuyobozi kandi abayobozi b'ikipe ntabwo ari banyirayo.  Abatoye ubuyobizi, ninabo bafite uburenganzira butora abandi, ninabo bashaka abakandida, nk'umuyobozi wa Rayon Sports n'abayobora muri Rayon Sports ni uburenganzira bwabo kureba aho ikipe ijya no kugira icyo bakora.”

Ku wa 4 Gicurasi, ubwo Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore yishimiraga Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere n’icy’Amahoro yegukanye muri uyu mwaka w’imikino, Uwayezu yongeye kubazwa ku bamufata mu ishusho yo kuba yaratumwe na RGB ngo ayobore Gikundiro.

Mu gusubiza, Uwayezu yavuze ko atari umukozi wa Leta cyangwa RGB, ndetse yahisemo kuyobora Rayon Sports ku bushake kuko ayikunda. Ati "Abantu nk’abo babaho, bazanahoraho. Njye sinavuga ngo nyoboye nte hari abantoye kuko si ndi umukozi wa leta, nta nubwo ndi umukozi wa RGB. Njye ndi umuntu w’umukunzi wa Rayon Sports, wibereye aho wikorera ibyanjye, waje muri Rayon, nifuza kuyijyamo, nifuza kuyibera umuyobozi, amatora araba barantora."

Kuva Rayon Sports byatangira kwanga mu kibuga ikipe ya Rayon Sports y'abagore ubu abafana niyo bacungiyeho 

Uwayezu ati "Ngerageza mu mbaraga zanjye gukemura ibibazo byari birimo, kuko uko gutora no guhindura amategeko shingiro ni uko hari harimo ibibazo mu muryango wa Rayon Sports. Nkora ibyo nari nshoboye mu bihe bikomeye bya COVID-19, mu bihe bikomeye byo kutumvikana kuri ibyo bibazo."

Uwayezu amaze imyaka ine ari Umuyobozi w’Umuryango Rayon Sports, yatowe mu Ukwakira 2020 nyuma y’uko Rayon Sports yari imaze iminsi yugarijwe n’ibibazo bishingiye ku miyoborere byanatumye hitabazwa inzego nkuru z’Igihugu mu kubiha umurongo.

Uwayezu Jean Fidele yemeza ko abamutoye nibongera kumugirira icyizere azongera akiyamamaza 

Dr Kaitesi Usta yatangaje ko icyo bagombaga gukora ari ugufasha Rayon Sports mu bijyanye n'ubuyobozi kandi ko babikoze 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND