RFL
Kigali

Christopher yavuze ku buhanga bwa Yvan Buravan no kuri gahunda yo kwerekeza muri Canada

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:29/04/2024 15:55
0


Christopher Muneza witegura kwerekeza muri Canada aho agiye gutaramira yakomoje ku myitegura amazemo iminsi, agaruka ku muzingo [Album] agiye gushyira hanze nyuma y’imyaka itari mike no kuri Burabyo Buravan [Yvan Buravan].



Christopher mu gihe kitari icya kure araba yamaze kwerekeza muri Canada aho afite uruhererekane rw’ibitaramo mu mijyi itandukanye igize iki gihugu.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda yagarutse ku kuba hari abantu bihuje bagatekereza ko bakwiye gukomeza gusigasira ubuhanga n’ibigwi by’umuhanzi mugenzi agaragaza ko atari asanzwe.

Mu buryo bwe Christopher yagize ati”Ikintu cya mbere ni ibintu byiza impano itangaje u Rwanda rwigeze rugira nk'iriya ya Yvan Buravan, kuba itarazimiye yari umuhanzi wari uzi kubana n’abantu.”

Christopher ashima kandi uruhare rwa Yvan Buravan n’uburyo yagerageje gushyira umuziki w’u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga.

Ku birebana n’ibitaramo agiye gukorera muri Canada aho ku wa 11 Gicurasi aribwo afite icya mbere kizabera Montreal, yavuze ko yiteguye neza aho yakoranye na Band yaho mu buryo bw’iyakure ariko azagerayo mbere ngo bongere kubinononsora.

Kubirebana n'aho ageze umushinga w’umuzingo mushya yifuza gushyira hanze muri iyi mpeshyi, yavuze ko uteguritse aho yagize ati”Mfite Album y’icyuki nzashyira hanze mu bihe bya vuba.”

Kuba amaze iminsi akorera ibitaramo hanze nko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no mu Burundi, yavuze ko hari na gahunda bafite y'uko mu bihe bitari ibya kure yazanakora igitaramo cyagutse mu Rwanda.Christopher yashimye ubuhanga bwa Yvan Buravan avuga ko ari by'igiciro ko itazimye hari abifuza gusigasira ibikorwa n'izina ryeHaritegurwa iserukiramuco ryateguwe mu gukomeza guha icyubahiro Yvan BuravanMu minsi mike Christopher araba ari muri Canada aho afite ibitaramo bitandukanye 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND