RFL
Kigali

Bad Rama na Issiaka Mulemba bahuje imbaraga mu itangazamakuru rizateza imbere abahanzi bo muri Diaspora

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:29/04/2024 14:46
0


Umunyamakuru Issiaka Mulemba wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda birimo nka City Radio na Isango Stars, agiye kugaruka mu itangazamakuru nyuma y’imyaka itanu yari ishize akurikirana amasomo ajyanye na Siporo.



Mu 2019, nibwo Mulemba yavuye mu Rwanda yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gukomeza amasomo ya ‘Sports Management’.

Uyu mugabo uherutse kurushinga n’umukunzi we Nana, avuga ko yagiriye ibihe byiza mu Rwanda ubwo yari akiri mu itangazamakuru, ariko ko igihe cyari kigeze kugirango ajye gukarishya ubumenyi.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Mulemba yavuze ko agiye kugaruka mu itangazamakuru, aho azajya akora ibiganiro binyuranye bizajya bitambuka ku muyoboro wa Youtube wa The Mane Hub y’umushoramari akaba n’umukinnyi wa filime, Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama.’

Mulemba yavuze ko yahagaritse itangazamakuru mu 2019 nyuma y’uko ageze muri Amerika, kuko atari koroherwa no guhuza inshingano.

Ati “Ntabwo byankundiraga kuba nabikora mu buryo bwa ‘Online’ cyangwa se ubundi buryo bwose bwashobokaga, akaba ariyo mpamvu nahise mbihagarika kugirango nkurikirane amasomo yanjye nari nje gufata hano muri iki gihugu.”

Yagiye muri Leta Zunze Ubumwe agiye gukurikirana amasomo ajyanye na Siporo cyane cyane mu bijyanye na Siporo (Sports Management).

Yavuze ko mu gihe ari kugana ku musozo w’aya masomo, yatangiye kwimenyereza umwuga, ariko kandi anatangira gutekereza uko yagaruka mu itangazamakuru.    

Uyu mugabo yavuze ko mu gihe yamaze akora itangazamakuru mu Rwanda, yishimira ko yungutse abantu, byamufashije gutera imbere.

Ati “Itangazamakuru ni umwuga uguhuza n’abantu. Abo bantu rero iyo bakubereye umugisha, ni naho ushobora kuba wakira, cyangwa se ukagera ku bintu byisumbuyeho.”

Yavuze ko hafi 98% by’ibyo amaze kugeraho abicyesha kuba yarakoraga itangazamakuru. Anavuga ko itangazamakuru ryamufashije kwihugura mu bijyanye na Siporo ‘kugeza ubwo mbonye na buruse yo kuza kwiga Sports Management’.

Ati “Ni ibintu rero nishimira. Ibyo nakoze mu itangazamakuru rya siporo ndetse n’imyidagaduro, byampaye ikindi nakwita nko gukomeza kugeza ubwo nje no kwiga ibintu bijyanye na Siporo.”

Mulemba yavuze ko mu gihe cyose yamaze mu itangazamakuru mu Rwanda, yishimira ubumenyi yakuyemo, kandi ryamufashije kumenya gutandukana ukuri ku buzima, kandi amenya ko ‘igihe cyose ushobora kumenya ukuri ariko ntukuvuge’.

Ati “[…] Ibintu byose ufitiye ukuri, hari igihe biba atari ngombwa kubivuga. Hari igihe ubona ko ukwiye kubivuga ukabona byakwangiza ikintu kinini cyane kurusha uko wabireka ugakemura byinshi, kubera ko itangazamakuru rero rikorera abaturage, ntabwo wasenya ibintu kubera ukuri kwawe, niba guceceka uko kuri byakemura byinshi, wabyihorera.”

Uyu mugabo avuga ko nyuma yo kwiyemeza kugaruka mu itangazamakuru, yagiranye ibiganiro na Bad Rama bigamije gukora ibiganiro bizajya bigaragaza ubuzima bw’abanyarwanda batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyane cyane abahanzi.

Avuga ko bazajya bibanda ku bafite impano mu muziki, muri Cinema, mu rwenya n’abandi bakorera muri Amerika hagamijwe kubagaragariza abanyarwanda.

Ati “Njyewe na Bad Rama rero twiyemeje ko tugiye kujya muri ibi bintu dufashe aba Diaspora batandukanye biciye mu nzira zitandukanye z’ibiganiro, biciye mu bitaramo n’ibindi bintu tuzajya dutegura. Tuzajya dushaka abahanzi, mbese dukore icyo twakita nka ‘Showbiz Diaspora’ noneho mwebwe bo mu Rwanda muzajya muhakura makuru.”

Ni ibiganiro avuga ko bizagaragaza abahanzi bagezweho muri Amerika ndetse na ba Producer, hagamijwe kubategurira inzira igihe bazaba bagarutse mu Rwanda. Ati “Icyo nicyo gitumye njyewe ngaruka mu itangazamakuru muri rusange.”

Yavuze ko gutangiza ibi biganiro muri rusange, hagamijwe kugaragaza impano z’abahanzi babarizwa muri Amerika, ariko abantu benshi bakaba bahoraga bibaza uko babayeho.

Mulemba asanzwe ari inshuti ya Bad Rama, kuko bamenyanye cyane mu mwaka wa 2016, ubwo uyu munyemari yashingaga The Mane. Bongeye guhurira mu Mujyi wa Kentucky, ubwo Bad Rama yakoraga igitaramo yari yatumiyemo Kamich na Ally Soudy.

Muri iki gihe, Bad Rama na Mulemba batuye muri Arizona.  Mulemba ati “Hari ibishoboka byose kugirango umuziki w’abanyarwanda bo muri Diaspora utere imbere.”


Issiaka Mulemba wamamaye kuri radiyo nka Voice of Africa, Isango yatangaje ko mu 2019 yahagaritse itangazamakuru nyuma y’uko abonye ‘Buruse’ yo kujya kwiga ibijyanye na Siporo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika


Issiaka yavuze ko ibiganiro bazajya bikora bigamije kugaragariza Abanyarwanda impano z’abahanzi mu ngeri zinyuranye babarizwa muri Amerika


Bad Rama yatangaje ko agiye gutangira ibiganiro kuri The Mane Hub bigamije kumurikira Abanyarwanda impano z’ababarizwa muri Amerika

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO BAD RAMA NA MULEMBA BAHURIYEMO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND