RFL
Kigali

Tonny Bell uhanganye no kubaka izina yasabye agahenge abafungira amayira abahanzi bakizamuka – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:23/04/2024 19:17
0


Umuhanzi ukizamuka Tonny Bell, yavuze ku rugendo rwe muri muzika, asaba abashinzwe kwamamaza ibikorwa by’abahanzi kureka kwirengagiza iby’abakizamuka kuko ari bo babumbatiye umuziki Nyarwanda w’ejo hazaza.



Tonny Bell ni umuhanzi ukomoka mu Ntara y’Amajyepfo waje gukurikiranira iterambere ry’umuziki we mu Mujyi wa Kigali, akaba afite ibihangano bicye bigaruka ku rukundo. Ibyo kuririmba yabitangiye akiri umwana muto, atangira kuririmba muri Korali afite imyaka 5 y’amavuko, none ubu yabigize umwuga ndetse amaze gukora indirimbo eshatu.

Yavuze ko atangira gukora umuziki, indirimbo ya mbere yayikoranye n’abandi bahanzi batatu ariko kugira ngo isohoke ijye hanze biza kugorana ku bwo kubura ubushobozi kwa bamwe.

Muri urwo rugendo rutoroshye rwo gutangira, Tonny yahishuye ko hari indirimbo yaje gukorera i Kigali avuye mu Ntara, bikaza kurangira idasohotse ku bwo kubura amafaranga amufasha kubona icumbi hafi ya studio.

Indirimbo ye ya kabiri yitwa ‘Tesi,’ yayikorewe na Producer Winner Beatz, naho iya gatatu ari nayo aheruka yise ‘Give Me’ ayikorerwa na Evy Decks.

Mu kiganiro Tonny Bell yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko abashinzwe kugira uruhare mu kuzamura abahanzi no kumenyekanisha ibihangano byabo bakwiye kureka kubirengagiza no kubafungira amarembo kuko nabo bakeneye kugaragariza abanyarwanda impano zabo.

Yasobanuye ko hari ibintu bigezweho muri iyi minsi, aho kugira ngo umuntu amenyekanishe igihangano cyawe mugomba kuba hari ukuntu muziranye, ku buryo usanga hazamo ingorane cyane ibihangano bya bamwe mu bahanzi bakizamuka bikaryamirwa.

Akomoza ku cyifuzo cye, yagize ati: “Abo bantu basa nk’aho badufungira imipaka, nibareke dusesere natwe tugende twirebere kuko umuziki ntabwo ari umupira, ngo uvuge ngo mwabaye benshi barasimbuza. Uko mwaba mungana mwese murajyamo kuko hari n’abatangiye umuziki kera kandi bakiwukora.”

Uyu muhanzi ufite inyota yo kugera kure, yatangaje ko aya makimbirane akunze kuvugwa hagati y’abahanzi azanira inyungu ba nyirubwite gusa, kuko usanga arangaza abafana ntibashobore guhanga amaso ku mpano nshya ziri kuvuka mu muziki umunsi ku wundi

Tonny Bell yavuze ko ari mu nzira zo gushyira hanze indirimbo yakoranye n’abandi bahanzi bazwi mu muziki nyarwanda, ahishura ko hari aho yagiye akomanga asaba collabo bakamutera umugongo. Yashimiye abakomeje kumushyigikira muri uru rugendo, asaba abakunzi b’umuziki nyarwanda kurushaho kumutera ingabo mu bitugu.


Umuhanzi Tonny Bell yavuze ko urugendo rwo kumenyekanisha ibihangano rukomeje kuzamo inzitizi

Yahishuye ko mu minsi iri imbere aratangira gushyira hanze indirimbo yakoranye n'abahanzi bafite izina mu muziki nyarwanda

Kanda hano urebe ikiganiro cyose InyaRwanda yagiranye na Tonny Bell


">Kanda hano urebe indirimbo ya Tonny Bell yise 'Give Me'

">
 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND