RFL
Kigali

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n'uwahoze ayobora Liberia

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:19/04/2024 14:49
0


Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ibiganiro n'uwahoze ayobora Liberia, Madamu Ellen Johnson Sirleaf ndetse nyuma yo kuganira bombi bitabiriye inama ihuje abagore baturutse mu bihugu 19.



Ibiro by'Umukuru w'Igihugu Village Urugwiro byatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 19 Mata 2024 Perezida Kagame yabonye n'uwahoze ari ayobora  Liberia bagirana ibiganiro mbere y'inama bombi bitabiriye  guhuza abagore bari mu buyobozi ku mugabare wa Afurika yiswe Amujae High-Level Leadership Forum.

Iyi nama itegurwa   n'Umuryango ugamije gushyigikira abagore bari mu buyobozi mu nzego za Leta  n'abahawe izindi nshingano mu bigo bikomeye ku mugabare wa Afurika. 

Uyu Muryango witwa  Ellen Johnson Sirleaf Presidential Center for Women and Development (EJS Center) ukaba  warashinzwe mu 2018  ushinzwe n'uyu mugore wahoze ari Perezida wa Liberia.

Iyi nama uyu mwaka biteganyijwe ko izitabirwa n'abagore 42 baturutse mu bihugu 19 barimo n'umunyarwanda Clara Akamanzi uyobora NBA Africa  ndetse  na Perezida Kagame ari mu batanze ibiganiro ku munsi wa mbere .




Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Madamu Ellen Johnson Sirleaf 



Perezida Kagame yanatanze ikiganiro mu  nama yatumiwemo nk'umutumirwa  ihuje abagore b'abayozi  baturutse mu bihugu 19






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND