RFL
Kigali

Amerika yaburijemo ubusabe bwa Palestine muri UN

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:19/04/2024 11:37
0


Leta Zunze Ubumwe za Amerika zanze icyemezo cyo kwemera Leta ya Palestine mu Muryango w'Abibumbye UN nka Leta yigenga.



Inteko y’Umuryango w’Abibumye ishinzwe umutekano kw’Isi yari yateranye kuwa Kane, yagombaga gutora  umwanzuro wari ushyigikiwe n’ibihugu byinshi wo kwemerera Palestine kuba Umunyamuryango wa ONU ariko uwo mugambi waburijwemo na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika ubwo yawangaga.

Mu bihugu 15 bigize akanama gashinzwe umutekano Ku Isi  u  Bwongereza n’u Busuwisi byarifashe ariko ibindi bihugu   bigera kuri 12  birimo Algeria, u Buyapani,  Mozambique , Koreya y’Epfo, Sierra-Leone, Sloveniya, u Bufaransa, u Bushinwa n’u Burusiya byatoye yego .

Leta zunze ubumwe z’Amerika zo  zatoye oya, kubera ko ibarizwa mu bihugu bifite Ijambo rikomeye , ijwi ryayo ryatumye ibihugu byatoye uwo mwanzuro amajwi yabyo aburizwamo  .

Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zasobanuye ko kugirango Leta ya  Palesitine  ibe Umunyamuryango w'Umuryango w'Abibumbye, bitagomba kuva muri uyu muryango, ahubwo bigomba kunyura mu mishyikirano itaziguye hagati ya Isiraheli n’ubutegetsi bwa Palestine ivuga ko  bucagase kuko byatangajwe n'ibiro Ntaramakuru by'Abongereza Reuters.

Perezida wa Palestine , Mahmoud Abbas, yamaganye icyemezo cy’Amerika, avuga ko kibabangamiye Kandi ko hakenewe ibisobanuro byimbitse .

Leta ya Israel yo yishimiye icyo cyemezo , Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wayo, Israel Katz, yagize, ati “Icyifuzo cy’urukozasoni kiburiyemo. Iterabwoba ntirihawe igihembo.”

Palestina isanzwe ari indorerezi ihoraho muri ONU. Ni ubwa kabiri yangiwe kuba umunyamuryango. Ubwa mbere byari mu 2011. Yari yongeye kubisaba ishyigikiwe n’ibihugu 140 biyemera nk’igihugu cyigenga .

Ubusanzwe  Palesitine  yemewe mu mashami amwe n’amwe ya ONU nk'ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Burezi n'Umuco ,UNESCO.


Ivomo: AP 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND