Kigali

Nizzo yavunikiye mu gitaramo cya Platini P

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:2/04/2024 13:24
0


Nyuma yo gukora impanuka agahanuka ku rubyiniro mu gitaramo Baba Xperience, umuhanzi Nizzo yahavunikiye ukuguru akomeza kuririmba nk’ibisanzwe ariko arimo ashira.



Ku wa gatandatu, muri Camp Kigali habereye igitaramo cyateguwe na Platini P yizihiza imyaka 15 amaze akora umuziki nk’uwabigize umwuga. Ni igitaramo yatumiyemo abahanzi batandukanye muri Afurika y’iburasirazuba.

Eddy Kenzo ukomoka mu gihugu cya Uganda ni umwe mu baririmbye ndetse banyura abantu bitabiriye ku bwinshi iki gitaramo. 

Uretse kuba cyaravuzwe cyane muri Uganda, iki gitaramo cyateje urusaku ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda no mu Burundi kubera umuhanzi Big Fizzo wari waratumiwe ariko ntabashe kwitabira iki gitaramo.

Inkuru yavuzwe hose mu gitaramo cya Platini, si ko Eddy Kenzo utari uherutse mu Rwanda yagarutse akaririmba, si uko itsinda rya Urban Boyz ryongeye rigatarama ahubwo inkuru zose zagarukaga kuri Nizzo umwe mu bagize Urban Boyz wahanutse ku rubyiniro ubwo barimo baririmba.

Bimwe mu bitekerezo by’abari mu gitaramo bahuriza kuba impanuka Nizzo yakoze yari mu burangare bwe bagacyeka ko yaba yarasomye agacuka akagahamya bityo kakamutera kwirara ari ku rubyiniro akisanga yaguye imbere y’ibihumbi by’abantu.

Ku cyumweru umunsi ukurikiyeho, Humble Jizzo na Nizzo bari kugirira ikiganiro ku Isibo Tv ariko Nizzo ntiyaboneka aba ari Humble wenyine witabira ubwo butumire. Mu butumwa Jizzo yaje kunyuza ku rubuga rwa Instagra, yaragize ati “Pole ku muhungu Nizzo impanuka bury ani ikimanuka.”

Nyuma  y’ubwo butumwa, Humble Jizzo yasobanuriye Inyarwanda ko ubwo Nizzo yagwaga hasi abantu bakabigira urwenya, yahavunikiye akaguru kugeza magingo aya ukuguru kwe kukaba kubyimbye cyane bityo Humble akaba ariwe urimo gutembera ibitangazamakuru batari kumwe kandi bakorana mu itsinda rya Urban Boyz.

Ku rundi ruhande, Nizzo asa nk’uwagize urwenya impanuka yakoreye mu gitaramo Baba Xperience bigendanye n’ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Nizzo yaranditse ngo “Mbega mbega harimo no kugwa”

Nyuma y’ubwo butumwa, Sat B ukomoka mu Burundi yaramusubije ati “Bigishe uko bashimisha abantu. Mu Burundi turagukunda.”  Ku rundi ruhande, Platini P wari wamutumiye mu gitaramo yanditse ahagenewe ibitekerezo ati “Waguye ahashashe muvandimwe.” 


Nizzo na Humble Jizzo bataramye mu gitaramo Baba Xperience cyateguwe na Platini P


Nizzo yakoreye impanuka mu gitaramo cya Platini






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND