Nyuma yo gutarama muri Super Bowl Half time show, Kendrick Lamar yakuyeho agahigo kari gafitwe na Michael Jackson ko kurebwa cyane muri ibi birori.
Ku
wa 15 Mutarama1967, NFL yatangiye gutegura imikino ya Super Bowl icyo gihe
yitwa AFL-NFL World Championship Game igahuza amakipe aba yitwaye neza muri ‘confrence’
ebyiri zitandukanye. Ayo makipe aturuka muri American Football Conference (AFC)
and the National Football Conference (NFC).
Ku
ikubitiro, The Green Bay Packers yatsinze the Kansas City Chiefs ibitego 35-10.
Nyuma
yo gushyiraho uyu mukino uhuza amakipe aba yitwaye neza kugira ngo haboneke
umwami wa ruhago yo muri Amerika, hatekerejwe n’uburyo bwo gushyiraho umuziki
hanyuma abantu bakareba umukino ariko bakanaryoherwa n’umuziki.
Band y'abanyeshuri
bakora akarasisi bakanacuranga bo muri Leta ya Arizona niyo yabaye iya mbere mu
mateka, itanga ibyishimo ku bitabiriye uyu mukino. Bacuranze umuziki mu mukino
hagati hanyuma benshi banyurwa nabyo.
Nyuma
yo kubona ko ari byiza, byakomeje muri uwo mujyo ariko bigeze mu mwaka wa
1993, habaye agashya handikwa amateka mashya y’uko ibi birori biba hagati mu
mukino byarebwe cyane.
Icyo
gihe, umunyabigwi Michael Jackson niwe waririmbye, hanyuma ibyo birori bye
bikurikirwa ndetse birebwa n’abantu barenga Miliyoni 133.4. Icyo gihe, ibi birori
byahagurukije Isi yose bihangwa amaso n’amahanga yose.
Nyuma
y’imyaka 32 harabuza uwaca aka gahigo ka Michael Jackson, Kendrick Lamar
uheruka kwegukana ibihembo bine bya Grammy, yakuyeho aka gahigo akomeza kwemeza
Isi yose.
Uyu
mugabo uheruka gutaramira i Kigali ku wa 06 Ukuboza 2023, yaciye aka gahigo ka
Michael Jackson aho we igitaramo yakoze muri uyu mukino cyarebwe n’abarenga
Miliyoni 133.5.
Ibi
byemejwe n’abategura iyi mikino (NFL) urubuga rwa Apple Music na Roc Nation. Mu
butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, bagize bati ‘Twaciye agahigo na
none’.
Utu
duhigo twose Kendrick Lamar akomeje guca, ari kudukesha indirimbo ‘Not like Us’
yakoze mu rwego rwo kwibasira mugenzi we Drake.
Mu Ukuboza 2023, Kendrick Lamar yataramiye i Kigali
Igitaramo Kendrick Lamar yakoze muri Super Bowl, cyaciye agahigo ko kurebwa cyane
TANGA IGITECYEREZO