Ikipe ya Etoile de L'Est yatsinze Gasogi United igitego kimwe ku busa yuzuza amanota 22 ku rutonde rwa shampiyona.
Wari umukino w'umunsi wa 25 wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho shampiyona yari imaze iminsi isaga 18 idakina kubera imikino y'ikipe y'igihugu "Amavubi".
Etoile de L'Est yagiye kujya muri uyu mukino itaratsindwa na Gasogi United muri shampiyona kuko imikino itatu yose yabahuje nta n'umwe yari yarayitsinze.
Abakinnyi 11 Gasogi United yabanje mu kibuga*
Dauda
Idrissa
Udahemuka
Govin
Mbirizi
Rugangazi
Guy
Kabanda
Adolphe
Henock
Abdlaziz
Abakinnyi 11 Etoile de L'Est
Francois
Olulu
Ndayishimiye
Batagatifu
Turatsinze
Russell
Akang
Gihozo
Fataigabriel
Gabriel
Sulley
Igice cya mbere cyarangiye nta kipe n'imwe irebye mu izamu, ndetse nta n'uburyo bwiza yabonye bugana mu izamu, abakinnyi bajya kuruhuka ari ubusa ku busa.
Mu gice cya kabiri Etoile de L'Est yaje yiminjiriyemo agafu aho ku munota wa 54 Gabriel yaje gutsinda igitego cya Etoile de L'Est ndetse ikipe itangira kugira umutekano.
Etoile de L'Est yakomeje guhusha ibitego ndetse yari no kugera ku bitego 3, ariko biranga umukino urangira ari igitego 1 ku busa bwa Gasogi United.
Etoile de L'Est yahise igira amanota 22 ku rutonde rwa shampiyona aho ubu iri kurushwa inota 1 na Gorilla FC ndetse na Bugesera FC.
Etoile de L'Est nyuma yo gutsinda uyu mukino ihise isubira muri shampiyona
TANGA IGITECYEREZO