Kigali

Twumvane indirimbo 10 z’amateka za Diplomat wasohoye ‘Icyuki Gikaze’-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:8/03/2024 11:38
0


Diplomat ari mu baraperi bafite igisobanuro gikomeye muri iyi njyana mu Rwanda ni gake ashyira hanze ibihangano, kuri ubu yongeye gukora mu nganzo ashyira hanze iyo yahuriyemo na Ismael Mwanafunzi na Li John.



Biragoye cyane kuba wakumva indirimbo y’uyu muraperi ukora ibintu bye mu buryo bwihariye cyane yaba mu myandikire no mu mihurize y’amajwi n’injyana.

Uwo ntawundi ni Diplomat uri mu bamaze igihe kitari gito akora umuziki ndetse rimwe na rimwe ibyo yanditse bisaba kubanza gusobanuza.

Kuri iyi nshuro nyuma y'uko yaherukaga gushyira hanze Kalinga yakuruye impaka, yongeye gukora mu nganzo ashyira hanze indirimbo yahuriyemo na Ismael Mwanafunzi na Li John.

Urebeye ku izina Icyuki Gikaze ushobora kuba wahita wibaza ko ari indirimbo irimo y’amagambo y’urubyiruko rwa none bita ibishegu nyamara uwo si Diplomat Fasasi.

Muri iyi ndirimbo yumvikanamo mu magambo akomeye aho agaruka ku buryo none umurwayi asigaye yitwa umukiliya, itsinda ry’ibihunyira rikaba ryitwa ‘Parliament’.

Tukaba twifuje kubibutsa zimwe mu ndirimbo z’uyu muraperi yashyize hanze zitandukanye harimo n'izo yahuriyemo n’abagenzi b’abaraperi n’abahanzi mu zindi njyana.

Diplomat Fasasi zimwe mu ndirimbo twabahitiyemo harimo Kalinga, Umwe Bavuze yakoranye na Bruce Melodie, Karibu yahuriyemo na The Ben, Kebuka Ngufotore na Gisa Nganzo, Uramfite Rmx yahuriyemo na Riderman na Yverry n’izindi. Inganzo ya Diplomat bamwe bayifata nka filozofi na we ubwe yifata nk'umusizi kuruta kuba umuraperiDiplomat amaze imyaka itari mike mu muziki nyarwanda akora mu buryo bwihariye

KANDA HANO WUMVE UNAREBE ICYUKI GIKAZE NA MWANAFUNZI NA LI JOHN

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE KALINGA

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE UMWE BAVUZE YAHURIYEMO NA BRUCEMELODIE

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE KARIBU YAHURIYEMO NA THE BEN

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE KEBUKA NGUFOTORE NA GISACYINGANZO

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE EN FORME NA AIME BLUESTONE

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE URAMFITE RMX NA RIDERMAN NAYVERRY

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE IBIKUNDANYE BIRAJYANA NA BULLDOGG

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE HATARI NA REP G

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE FASASI WA MBERE NA G BRUCE

">

KANDA HANO UREBE UNUMVE UMUCAKARA W’IBIHE NA YOUNG JR

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND