Kigali

Indirimbo ‘Fou de Toi’ ya Element na ‘Bana’ ya Shaffy zashyizwe mu manota y’umuziki

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:16/02/2024 17:55
0


Choeur International yabaye iya kabiri muri Afurika mu makorali aririmba umuziki wanditse, banditse mu manota indirimbo “Bana” ya Chriss Eazy na Shaffy ndetse na ‘Fou de Toi’ ya Element Eleéeh Ross Kana na Bruce Melodie.



Ku wa 11 Gashyantare 2024, iyi korali ‘Chœur International et Ensemble Instrumental de Kigali’ iri mu zikomeye muri Kiliziya Gatolika yaririmbye bwa mbere izi ndirimbo ubwo yakoraga igitaramo cyo kwizihiza Umunsi wahariwe abakundana uzwi nka Saint Valentin.

Izi ndirimbo zanditswe mu manota n’umwe mu baririmbyi b’abahanga uri muri Chœur International akaba n'umwe mu batoza bayo, Ndahiro Eusebe Ndoli Pacis.

Zanditswe mu buryo bwa gihanga bwa muziki, aho zandikiwe kuririmbwa mu buryo bw’abantu benshi ibizwi nka ‘Choir Version’.

Bitewe n’uburyo izi ndirimbo zakunzwe kuva zajya hanze, zishimiwe mu buryo bukomeye muri kiriya gitaramo Choeur International yakoreye muri Saint Famille.

Gushyira indirimbo mu manota ni ibintu bimenyerewe cyane mu Rwanda mu ndirimbo zo mu makorali, kurusha indirimbo z’abahanzi basanzwe.

Umuyobozi wa Choeur International, Dr Aristote yabwiye InyaRwanda ko gushyira izi ndirimbo mu manota biri mu rwego rwo gufasha izindi korali kuzirimbamo no gukomeza urugendo rwo gukundwa kwazo.

Ati “Ni twe ba mbere banditse izi ndirimbo nyarwanda ku manota. Ubu amakorali akomeye ku Isi hose cyangwa Orchestre zikomeye aho ariho hose ku Isi bashobora kwifashisha ariya manota bakaririmba ziriya ndirimbo.”

Uyu muyobozi yakomeje ashishikariza ababyifuza ‘kutugana tukabandikira indirimbo zabo’. Yungamo ati “Ibi byerekana ko umuziki Nyarwanda uri gutera imbere mu ruhando mpuzamahanga.

Yavuze ko abahanzi Nyarwanda bafite ubuhanga buhanitse muri muziki, bityo iyo ibihangano byabo ‘byanditswe ku manota bituma abahanga bashobora kumenya no gusobanukirwa urwego rwiza n’ubuhanga abahanzi nyarwanda bafite’.

Choeur international niyo yatangije ibitaramo by'umuziki wanditse mu buryo bw'amanota (Classical Music) aho igitaramo cya mbere cyayo cyabaye muri 2006

Si ubwa mbere Chœur International et Ensemble instrumental de Kigali ikora ibitaramo byo kwizihiza umunsi w'abakundana Valentine's Day ikaba yarabikoze ku inshuro ya munani uyu mwaka.

Ni ibitaramo bimaze kumenyerwa ko ari umwihariko wayo mu gusubiramo zimwe mu ndirimbo z’abahanzi zisanzwe zikunzwe.

Bakunze kuririmba indirimbo nka Katerina ya Bruce Melody, Byanze ya Christopher, Inzozi ya Anne Gatera, End of the Road ya Boyz II Men n’izindi nyinshi aho ziryoshya ibitaramo byayo byose bya Saint valentin uko byagiye biba mu bihe bitandukanye.

Mu gitaramo cy’abo cyo kwizihiza Saint Valentin banaririmbye indirimbo yamamaye ‘Formidable’ y’’umuhanzi w’umunyarwanda Stromae ubarizwa mu Bufaransa.

Chœur International et Ensemble Instrumental de Kigali ni itsinda w’abaririmbyi ukaba n’umuryango udashingiye ku idini, umuco, ubwoko cg akarere, aho uhuriye abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga.

Aba bombi bahuriye ku mpano yo kuririmba ndetse no gukunda umuziki, akaba ari n’ahantu heza ku bifuza kuzamura urwego rw’imiririmbire aho bafasha abifuza kumenya kuririmba binyuze mu myitoza ihoraho ihabwa abanyamuryango bayo.

Iyi korali yashinzwe muri 2006, ihabwa ubuzima gatozi muri 2008. Yitabiriye ibikorwa bitandukanye bihuza amakorali ku rwego mpuzamahanga yabaye mu bihe bitandukanya ndetse n’amarushanwa ku rwego mpuzamahanga.

Bitabiriye irushanwa ryo muri Kenya, mu Burundi ndetse n’amaserikuramuco atandukanye aho iriheruka ryabereye mu Rwanda mu 2022 (African Choral and Gospel Championship ACGC2022) aho yegukanye umwanya wa kabiri muri Africa yose inyuma ya Bokamoso Chorus yo muri Afurika y’Epfo.


Choeur International iherutse gukora igitaramo cyo kwizihiza Saint Valentin


Muri iki gitaramo, iyi korali yaririmbye indirimbo ‘Fou de Toi’ na ‘Bana’ nyuma yo kuzishyira mu manota y’umuziki



Iki gitaramo cyahuriranye no guha impano hagati y’abakunda mu kwizihiza ‘Saint Valentin’



Iki gitaramo ni kimwe mu byo iyi korali ikora buri mwaka mu gufasha abakunzi bayo kwizihirwa





Umuyobozi wa Choeur International, Dr Aristote yavuze ko bashyize mu manota y’umuziki indirimbo ‘Fou de Toi’ na ‘Bana’ mu rwego rwo gufasha abahanzi mu muziki kuzimenya 


Uko indirimbo 'Bana' ya Shaffy na Chriss Eazy yashyizwe mu manota y'umuziki


Uko indirimbo 'Fou de Toi' ya Element, Ross Kana na Bruce Melodie yashyizwe mu manota y'umuziki
  

 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘BANA’ YACHRISS EAZY NA SHAFFY

 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘FOU DE TOI’ YA ELEMENT






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND