Kigali

Rubyiruko twirinde! Miss Nyambo yasabye inzego z’ubuyobozi ikintu cyarinda abana b’abakobwa

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:5/11/2023 17:45
0


Umukinnyi wa filime nyarwanda Nyambo Jesca yasabye inzego z'ubuyobozi n'ubuvuzi gukurikirana urubyiruko ruri kwishora mu ngeso zangiza ahazaza habo.



Nyambo Jesca wamenyekanye muri filime nyarwanda nka Miss Nyambo, yatanze inama ku bakobwa bakomeza kunywa imiti ibarinda gusama batarabyara, asaba abayobozi kuganiriza abo bakobwa bakomeje guhitamo kwiyangiriza.

Mu kiganiro na Inyarwanda, Miss Nyambo yasabye inzego z’ubuyobozi gukorana n’ibitaro bagakumira iyo mico y'abo bakobwa bafata imiti ibarinda gusama, nyamara bakikururira ibindi bibazo birimo gutinyuka ingeso z'ubusambanyi.


Ati “ Ntekerezako bajya kuboneza urubyaro kwa muganga. Nkuko udashobora kujya kwa muganga cyangwa mu mavuriro yandi uvuge ngo mumpe umuti wo gupfa bawuguhereze, nabwo byaba byiza abaganga babanje kumenya impamvu uwo mukobwa aboneza urubyaro.

Yasabyeko, abo bakobwa bacyirwa n'ibitaro cyangwa ahagurishirizwa imiti (Pharmacy) bakwigishwa ubundi buryo bakoresha birinda gusama aho gukoresha iyi miti ishobora gutuma bahura n’izindi ngaruka nyuma, zirimo no kubura urubyaro kuko biyangije.

Nyambo Jesca  wamamye muri filime nyarwanda avugako, urubyiruko ari ahazaza h’Igihugu bityo badakwiye kwiyangiriza batakaza n’amahirwe yo kuzibaruka abana, bari kuzaba ingirakamaro ku miryango n’Igihugu muri rusange.

Yibukije abakobwa ko bakwiye kwirinda impamvu zatuma bicuza igihe bahuye n’ingaruka zibangamira ubuzima bwabo kandi barabigizemo uruhare. Kuri we avuga ko Inzego z'ubuyobozi zakora ubukangurambaga bwigisha abana b'abakobwa  uko bafata ubuzima bwabo.

Miss Nyambo ati “ Twirinde rubyiruko kuko nitwe mbaraga z’Igihugu nitwe bayobozi b’ejo  hazaza n’abazadukomokaho".

Uyu mukinnyi wa filime Miss Nyambo yagarutse ku babyeyi batakaje inshingano yo kuganiriza abana babo, bigatuma batamenya ingaruka zo kwishora mu ngeso mbi zirimo iz’ubusambanyi.

Kutaganiriza abana bituma abo bana baganirizwa na bagenzi babo, bityo bigatuma bashobora guhabwa inama zibaroha, rimwe na rimwe bakabyishoboramo kubera amatsiko byabateye kuko bataganirijwe.

Nyambo yagarutse ku buryo bwinshi bwakwifashishwa birinda gusama inda zitateganijwe  harimo no  gukoresha agakingirizo bakirinda gusama, aho gukoresha iyo miti ituma bisanzura bakumvako ikibazo cyo gusama cyakemuwe, nyamara bakaba bahura n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka SIDA.

 

Nyambo Jesca wamenyekanye nka Miss Nyambo asaba abakobwa kwirinda kuboneza urubyaro mbere yo kubyara


Nyambo Jesca yamenyekanye muri filime za killerman ndetse akunzwe no muri filime ye yitwa " The Message"


yabwiye  abakobwa baboneza urubyaro ko bangiza icyizere cy'umuryango nyarwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND