Mu isekarusange rya Gen-Z Comedy ryahuje imbaga muri Camp Kigali, abanyarwenya b'ikiragano gishya bahanzwe amaso muri iyi minsi, bashimishije cyane abiganjemo urubyiruko, ibitwenge bibarwaza imbavu.
Nta gihe kinini gishize umwuga wo gutera
urwenya cyangwa gusetsa abantu [Comedy] uheshejwe ikuzo, ngo abawukora
batangire kuwusaruramo ndetse kuri ubu hari benshi utunze kandi hari impano
kabuhariwe zivuka buri munsi.
Ntabwo ari uko Abanyarwanda bari
basanzwe bayobewe ko "guseka byongera iminsi yo kurama", ahubwo ni
uko abari bifitemo iyo mpano batari babizi ko bashobora kuyigurisha, ukeneye
guseka no kuruhuka mu mutwe akabanza kubigura, aka ya mvugo ngo ’ibyishimo birahenda’.
Kuya 3 Ugushyingo 2023 isekarusange
rizwi nka Gen Z Comedy rihuza abanyarwenya batandukanye ryasize amateka binyuze
mu rwenya rwatambukijwe n’aba banyempano badasanzwe.
Iki gitaramo kitabiriwe n’abanyarwenya batari bacye. Isekere nawe witwara nk’umuvugabutumwa yatembagaje abantu, umukobwa Kadudu arangaza benshi, umunyarwenya wamenyekanye nka Rumi atanga ibitwenge;
Obed Fransis ahuza
benshi, Muhinde wakundiwe ubugufi bwe ashimisha abasetsi, Tizzy arwaza abantu
imbavu naho Rufendeke wafatanije na
Keffa asoza benshi bakinyotewe guseka.
Kadudu umwe mu bakobwa babiri bari
kubarizwa muri iri tsinda yagarutse ku ndirimbo ya Israel Mbonye yitwa “Nk'umusirikare”, avuga ko igiye kujya ikoreshwa n’abasirikare bihindukira benshi
ibitwenge.
Umukobwa witinyutse akamenyekana nka Kadudu yasekeje abafana
Umunyarwenya Rumi yasekeje abantu ubwo
yabaraga inkuru y’umuntu ufite ubumuga bwo mu mutwe wiherereye mu muganda abantu bamureba [Aho kujya mu bwiherero]. Ni umwe mu
banyarwenya bari gutanga icyizere cy’ahazaza.
Umunyarwenya Rumi akomeje kugaragaza impinduka mu gutambutsa urwenya
Tizzy umunyarwenya usetsa abantu
bakarangara nawe ahagaze neza muri uyu mwuga ndetse bigaragara ko ari impano ye ikwiye gushyigikirwa. Yazamuye ibitwenge bya benshi ubwo yasererezaga Kevin Kade waririrmbye indirimbo yitwa “Ndamutatamura”.
Tizzy usetsa benshi yagaragaje ko impano ye ikomeje kwaguka
Umuvugabutumwa w’umunyarwenya Isekere
nawe, usetsa abantu agatahana akayabo k’amafaranga, yaganiriye ku munyamideri
Franco utagira umusatsi avuga ko afite akabati kuzuye ibisokozo.
Uyu muhanga mu gusetsa adaseka, akunze
kwibanda ku ijambo ry’Imana atanga ingero
Uko ahamagawe ku rubyiniro ashimisha abakunzi be bakamuha amafaranga
Obed Francis yasekeje abantu ubwo
yavugaga inkuru y’umuzunguzayi yasanze avuga ngo “Trois cent eshatu ni
icyatanu, aho kuvuga ngo "amasogisi atatu ni 1,500 rwf”.
Uko iminsi yicuma ni ko yiyungura byinshi
ndetse agaharanira kugera ku nzozi ze
Iri huriro ryakomeje gususurutswa n’umunyarwenya
Muhinde wamenyekanye akanakundirwa ko ari mugufi bitewe nuko yakunze
kubigaruraho asetsa abantu n’abandi bamutangaho urugero.
Ubwo yari ku rubyiniro yavuze ko Clapton
Kibonge yagiye kwishyirishaho Tattoo (kwiyandikaho) ya kwasiteri (Coaster), bakamubwira ko
bitakunda kubera ananutse icyakunda ari uko bamwandikaho Min Bus (imodoka nto).
Muhinde umwe mu banyarwenya bakunzwe yatanze ibyishimo ku bakunzi be
Rufendeke urambye mu gusetsa abantu
yafatanije n’inshuti ye bakoranye umwuga wo gutambutsa urwenya imyaka myinshi, Keffa, banezeza benshi.
Batambukije urwenya rutandukanye ndetse basetsa abitabiriye ubwo basubiragamo indirimbo z’abahanzi bakaziririmba mu buryo bwabo
Abitabiriye iri sekarusange banejejwe n'abanyarwenya bari gutera imbere
Junior Giti n'umugore we bitabiriye iki gitaramo cy'urwenya
Umunyamakuru wa Frash Tv Munezero Milly nawe yitabiriye
Uncle Austin umunyamakuru wa Kiss FM yitabiriye iki gitaramo
Umuhanzi Kevin Kade mu bitabiriye igitaramo cy'abanyarwenya
Benshi banejejwe n'urwenya bumvaga
Umuramyi mu ndirimbo ziramya Imana, Zikama Tresor, yitabiriye iri sekarusange
Bamenya wamamaye muri filime nyarwanda yitabiriye iki gitaramo cy'ibyishimo
Umunyamuziki Element akaba n'umuhanga mu gutunganya indirimbo yitabiriye
Umwe mu basizi bahagaze neza Rumaga yitabiriye igitaramo cyo guseka
Umunyamakuru Musoni Fredy yatwawe n'ibitwenge kubera abanyarwenya
Umunyamideri Franco watanzweho ingero kenshi n'abanyarwenya yizihiwe
Umunyarwenya Dudu nawe yitabiriwe iri sekarusange ashyigikira bagenzi be
Ibyishimo byari byose ku bitabiriye iki gitaramo bataha batabishaka
Gen-Z Comedy yitabirwa n'abantu b'ingeri zose biganjemo urubyiruko
KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI YAFATIWE MU ISEKARUSANGE
AMAFOTO: Fredy Rwigema
TANGA IGITECYEREZO