Kigali

Munyantwali Alphonse arakuze bihagije ku buryo yakwikorera FERWAFA?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:22/06/2023 16:28
1


Icyizere cyongeye gutera urwikekwe muri FERWAFA nyuma y'uko Munyantwali Alphonse abaye umukandida rukumbi mu matora ya FERWAFA, kandi bamwe mu bakunzi b'umupira w'amaguru batamuzi muri iki gisata.



Harabura amasaha ngo Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda ryakire umuyobozi mushya uzariyibora muri manda y'imyaka ine iri imbere. Ibi biteganyijwe mu matora azaba  kuri uyu uwa Gatandatu tariki 24 Kamena 2023 aho ku mwanya wa Perezida w'iri shyirahanwa hariho umuntu umwe rukumbi, ariwe Munyantwali Alphonse uzwi mu nzego z'ubuyobozi  bw'igihugu zitandukanye (Inzego za Leta).

Ntabwo umwanya wa Perezida ariwo uriho umukandida rukumbi kuko imyanya hafi ya yose irimo guhatanirwa, abayiriho bazaba bahanganye na 'oya'.Amatora ya komite nyobozi nshya, yateguwe nyuma y'uko uwari umuyobozi w'iri Shyirahamwe,Nizeyimana Olivier Mugabo yeguye kuri izi nshingano adashoje manda ye nubwo yari yaje yagiriwe icyizere.

Munyantwali Alphonse kuyobora FERWAFA,bizatuma aba Intwari  y'Abanyarwanda mu mupira w'amaguru, cyangwa akaba nk'abandi bose bahanyuze bigendera. 

Munyantwali Alphonse mu gihe yatsinda Oya, azahita aba Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda FERWAFA, gusa azajya kuri uyu mwanya mu gihe abanyarwanda bafite amarira atarigeze abaho, kubera ubuzima umupira bihebeye ubayemo, ndetse batekereza ko barira bakabura gihoza, bagashinyiriza.

Munyantwali Alphonse ugeze kuri BK Arena ajya kuri FERWAFA ni muntu ki?

Munyantwali yavutse mu 1967, avukira i Kibeho, mu Karere ka Nyaruguru, mu Ntara y'Amagepfo. Yinjiye mu bijyanye n'umupira w'amaguru mu mwaka w'i 1975 ,aha yari akiri muto yiga mu ishuri ribanza rya Kibeho. Yakinaga umupira bisanzwe akinana na bagenzi be. Mu 1983 yagiye kwiga mu mashuri yisumbuye muri Seminari nto yo ku Karubanda. Agezeyo yagumye gukina umupira w'amaguru ku buryo budasanzwe kuko yakiniraga ikipe y'ikigo. Muri iki gihe ntabwo yari agikina ruhago gusa kuko yakinaga n'umukino wa Basketball.

Asoje amashuri yisumbuye mu mwaka 1989, yakomereje muri Kaminuza Nkuru y'u Rwanda i Butare, agiye kwiga ibijyanye n'amategeko. Ibi yabifatanyaga no kwigisha isomo rya E.P.S mu Seminari nto yo ku Karubanda yarangirijemo ayisumbuye.

No muri Kaminuza, yakomeje kugaragaza ubuhanga bwe muri ruhago kuko naho yakinaga mu buryo budasanzwe. Alphonse Munyantwali asoje amasomo ye muri Kaminuza, yagiye gukora imenyereza mwuga mu Rukiko Mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri Arusha muri Tanzania. Yahakoze imenyerezamwuga yitwara neza birangira ahabonye n'akazi.

Munyantwali ni umwe mu bayobozi batangiranye n'imiyoborere mishya y'Uturere, ndetse akazamurwa mu ntera kubera imiyoborere myiza, byatumye ayobora n'Intara ebyiri ari Amajyepfo n'Uburengerazuba. 

Yavuye muri uru rukiko ajya kuba Umuyobozi w'icyahoze ari Nshili mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro. Mu 2006 hakorwa amavugurura y'Uturere mu Rwanda, yahise ahabwa kuyobora Akarere ka Nyamagabe ndetse bituma atangira no kuyobora ikipe y'umupira w'amaguru yo muri aka Karere yitwa Amagaju FC.

Tariki 28 Mata Munyantwali Alphonse yagizwe Chairman mushya wa Police FC, besnhi  bafashe nk'inzira imwinjiza muri FERWAFA.

Munyantwali Alphonse azashobora intebe FERWAFA yabaye iy'Amahwa kuri benshi?

FERWAFA ni urwego rwa FIFA ruhagarariye umupira w'amaguru mu Rwanda ndetse rukaba rukora buri gikorwa cyose cy'umupira w'amaguru Leta itivanzemo nk'uko itegeko rya FIFA ribiteganya. Munyantwali Alphonse ni umwe mu bayobizi bagiye kuyobora umupira w'amaguru mu Rwanda bafite uburambe bucye muri uyu mukino, kuko mu biranga ibikorwa bye nta hantu hazamo umupira w'amaguru ku buryo bweruye uretse abamubaye hafi bavuga ko awukunda, ariko nta gipimo kigaragaza urukundo rw'umupira w'amaguru ku muntu.

Igikorwa gikomeye munyantwali Alphonse azwiho, ni uko ubwo yari umuyobozi w'Akarere ka Nyamagabe mu mwaka w'imikino 2007/08,yafashije Amagaju FC kuzamuka mu cyiciro cya Mbere, icyo gihe mu ikipe akaba yari umuyobozi w'icyubahiro, ariko ikipe ikaba yari ifite Perezida witwaga Nshimirimana Jean Pierre.

Tugendeye kuburambe uyu muyobozi afite umuntu yakwemeza ko adakuze cyane mu mupira w'amaguru ku buryo yagira impinduka nyinshi  umuntu amwitegaho ubu kugera aho abantu abemereje cyane cyane ko iyi ntebe agiye kwicaraho  yagoye benshi  bamwe bakayisezera ikitaraganya.

Ubundi usibye mu Rwanda, nta handi umuyobozi ayobora Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru atarigeze aba mu mupira.

Mu mateka ya Munyantwali twabahaye haruguru, avanzemo ibikorwa bya siporo n'ubuyobozi busanzwe, ariko nta hantu mwigeze mwumva yaba yarahuriye na FERWAFA kandi ubundi cyakabaye kizira kujya kuyobora iriya nzu nibura utarabaye n'umukozi wayo niyo waba warahakoze amasuku byakabaye bihagije.

Mu bindi bihugu ubundi biba bimeze bite?

Reka twifashishije ingero zo mubihugu bituranye n'u Rwanda turebe uko bobabayeho. Duhere muri Uganda: Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Uganda riyobowe na Moses Magogo Hassim, uyu mugabo yafashe FUFA kuva mu 2013 ubwo yari asimbuye Dr Lawrence Mulindwa nawe utari woroshye. 

Magogo yabaye umunyamabanga wa FUFA mu ntara ya Rubaga kuva 2011-2013, ndetse aba umunyamabanga wa FUFA mu gace gashinzwe amarushanwa kuva 2005-2011, yabaye umukozi w'Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku Isi,FIFA ushinzwe gushyira abakinnyi muri sisiteme, ndetse akaba yarabaye umwe mu bagize EXCOM ya FUFA mbere y'uko atorerwa kuyobora umupira wa Uganda. 

Moses Magogo ni umwe mu bayobozi b'umupira w'amaguru mu bihugu byabo uzi gusobanura umupira ndetse akaba azi no kuwuvanga n'ubucuruzi bugezweho 

Ibi ni bimwe mu byo tuvuze kuri Magogo wayoboye FUFA kuva 2013, 2017 atorerwa indi manda. Wumvise urugendo rwe wakumva ko atigeze agera muri FUFA kubera impanuka ahubwo yari amaze gucuka ku buryo yayobora, byanatumye mu 2019 Uganda yitabira imikino y'igikombe cy'Afurika.

Reka tujye muri Tanzania, ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Tanzania mu magabo ahinnye ryitwa TFF,riyobowe na Wallace Karia, usanzwe ari n'umuyobozi wa CECAFA. Wallace yafashe TFF kuva mu 2017, mu 2019, Tanzania ijya mu gikombe cy'Afurika.

Wallace uyobora TFF yafashije Shampiyona ya Tanzania kwigenga ndetse no kuba imwe muzikomeye muri Afurika 

Mu mupira w'amaguru, kuva mu 1990-1992 Wallace yari umuyobozi wa siporo wungirije mu gace ka Coastal. Kuva mu 2000-2004 yari umwe mu bagize komite nyobozi y'umupira w'amaguru mu gace ka Tanga. Kuva 2008 - 2011 yari umuyobozi w'amarushanwa muri TFF, kuva 2011-2013 yari akuriye ubuyobizi bw'amashampiyona muri Tanzania, 2013-2017 yari Perezida wungirije wa TFF nyuma yaho ahita aba Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri iki gihugu kugera magingo aya.

Muri DR Congo nta buyobozi bafite kuko FIFA iherutse kubaha ubuyobizi bw'inzibacyuho buzategura amatora mashya.

Reka tujye mu Burundi. Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Burundi rifite izina ry'impine rya FFB,riyobowe na Jenerali Muyenge Alexandre watowe kuva mu 2021. Uyu muyobozi yagiyeho asimbuye Reverien Ndikuriyo, wari umaze imyaka umunani.

Muyenge, yagiye kuba umuyobozi wa FFB, yari amaze imyaka 9 akuriye komite y'umutekano muri FFB, icyo gihe yagiye kuba umuyobozi amaze imyaka 6 ari umukozi w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Afurika CAF ushizwe umuteko wo ku ma sitade ndetse akaba mu bantu 40 bari bagize akanama k'umutekano ka FIFA gashwinzwe umutekano w'amasitade. 

Urumva ko uyu muyobozi nibura yari afite uburambe bw'imyaka 10 azi umupira w'u Burundi, uw'Afurika, ndetse n'Isi muri rusange.

Jenarale Muyenge uyoboye umupira w'amaguru mu Burundi, ubu ari kubakisha Stade Intwali izajya yakira ibihumbi 18 by'abantu, akaba ari gukoresha amafanga menshi ya Federasiyo 

Amaju Melvin Pinnck niwe muyobozi w'Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu gihugu  utinyitse muri Afurika , dore ko ari na Perezida wungirije wa CAF, uyu mugabo w'umucuruzi, yatangiye guha imbaraga ze umupira w'amaguru mu Nigeria kuva 1990 aho yakoraga muri Leta ya Delta imwe mu zigize umupira w'amaguru wa Nigeria.

Amaju yabaye Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Nigeria mu 2014 akaba azwiho kuba yarakoze agahigo ko gufata ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Nigeria rikoresha amafaranga ya FIFA na Leta ku kigero cya 100% ariko mu 2021 ubushakashatsi bwakozwe n'ikigo cya PWC basanze ubu ishyirahamwe rikoresha 80% y'amafaranga bishakamo. Ibi ntabwo wabikora utarakoze indahiro n'umupira w'amaguru.

Amaju yatangiye gukorera Nigeria mu bijyanye n'umupira w'amaguru kuva mu 1990 ayobora Federasiyo mu 2014 

Ntabwo ibi byakabaye itadukaniro mu Rwanda ahubwo biba agashya mu Rwanda, kuko abantu bazi umupira w'amaguru ndetse n'imiyoborere ya FERWAFA barahari, ariko abenshi ntibemererwa kwiyamamaza abandi banyuzwe manuma.

Munyetwali Aphonse  yagizwe Chairman wa Police FC  ku wa 28 Mata, yiyamamariza  kuyobora FERWAFA  ku wa 27 Gicurasi  mu matora azaba  ejo bundi ku wa 24 Kamena 2023.

Ugendeye ku burambe ,ubu nibura Marcel Matiku imyaka itanu amaze muri FERWAFA yamwemereraga kwiyamamaza ariko yahisemo kujya yibera umuyobozi wungirije, ndetse hari n'abandi baba muri iriya nzu (bayibayemo) ariko utamenya impamvu badatanga kandidatire zabo, ahubwo hakaza umuntu utari ufite aho ahuriye n'umupira akabayobora.

Ababanye na Munyantwali Alphonse bavuga ko ari umuyobozi mwiza ukunda abo ayobora , witangira akazi ndetse ukora bimwe mu byo abantu bifuza ku muntu wayobora FERWAFA, gusa mu gihe yahabwa uyu mwanya bikanga muzibuke ko umupira w'amaguru ugira ururimi rwawo. 

Munyantwali yabaye umuyobozi wa Police FC nyuma  y'iminsi  mike  ahita aba umukandida rukumbi ushaka kuyobora FERWAFA. Ibi bivuze ko Munyantwali agiye kuyibora FERWAFA yitabiriye Inteko Rusange imwe ya FERWAFA, ari nayo yaherewemo ikaze.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mukizajerome1 year ago
    Ni akimiro nyine nuko tuzahora ariko ubundi amategeko arasobanutse? Kiki akurikizwa kuri hamwe?



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND