RURA
Kigali

Nel Ngabo yavuze ku mashusho y’indirimbo yatuye abari n’abategarugori-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:19/06/2023 18:17
0


Rwangabo Byusa Nelson [Nel Ngabo] yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise ‘Woman’ iri kuri Album ye ya Gatatu aheruka gushyira hanze mu buryo bw’amajwi.



Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Nel Ngabo yagize ati ”Woman ni indirimbo iri mu zigize Album yanjye ya Gatatu mperuka gushyira hanze mu buryo bw’amajwi.”

Yongeraho ati ”Kuri ubu twatangiye gushyira hanze amashusho yazo, iyi ndirimbo twahereyeho ikaba yihariye nakoreye abanyarwandakazi bose.”

Iyi ndirimbo igaragaramo abakobwa barimo Shema Sugar uri mu bagezweho. Mu kiganiro twagiranye n’uyu mukobwa, yagarutse ku gukorana n’uyu muhanzi.

Ati ”Nel Ngabo twahujwe na Meddy Saleh. Gukorana na we, byari byiza, akorera ku gihe, aha agaciro abo bakorana kandi aranasabana.”

Album ya Gatatu ya Nel Ngabo igizwe n'indirimbo 13 zirimo izo yakoranyeho n’abandi bahanzi nka Ruti Joel, Sintex, P Fla, Maranatha na John B Blessington.

KANDA HANO UREBE 'WOMAN' INDIRIMBO NSHYA YA NEL NGABO

">

Nel Ngabo yashyize hanze amashusho y'indirimbo yise 'Woman'Shema Sugar uri mu bakobwa bagaragara mu ndirimbo ya Nel Ngabo nshyaNel Ngabo yatangiye urugendo rwo gushyira hanze amashusho y'indirimbo aheruka gushyira hanze mu buryo bw'amajwi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND