RURA
Kigali

Inyogosho ya Babua n'ubutumwa bwa Meya; Sunrise FC yiteguye urugamba

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:20/05/2023 21:10
0


Umukinnyi Babua Samson witezweho guhindura urushinge rw'umunzani w'umunsi wa 29 wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mupira w'amaguru mu Rwanda, yasabye abakinnyi gutsinda Kiyovu sports, kuko bizabahesha amahirwe akomeye.



Uyu mukinnyi ukomeje kwivuga imyato akomeje gukubita agatoki ku kandi avuga ko azababaza ikipe yamukuye i Nyagatare ikamujyana mu mujyi.

Ku wa Gatanu w’iki Cyumweru, uyu mukinnyi w’umupira yagaragaye mu nyogosho idasanzwe bituma abaturage b'i Nyagatare biganjemo ikipe ya APR FC batangira kugira icyizere ko ikipe yabo ishobora kubabyinisha igishakamba n'ikinimba.

Ku wa mbere w'iki cyumweru ikipe ya Sunrise yatangiye imyiteguro idasanzwe yo kwakira ikipe ya Kiyovu sports.

Umunyamakuru ukorera mu karere ka Nyagatare yabwiye InyaRwanda ko abakinnyi ba Sunrise FC bacumbitse muri Sitade ya Nyagatare ndetse ubuyobozi bw'iyi kipe bwabambuye amatefoni yabo kuburyo batavugana n'abandi bantu.

Amakuru ava mu karere ka Nyagatare n'uko umuyobozi w'Akarere Gasana, Steven ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu yasuye Sunrise FC aganira n'abakinnyi bamwemereye gutsinda Kiyovu Sports.

Ku ruhande rwa Kiyovu sports uyu mukino bawiteguye kuburyo amanota y'umunsi wa 29 kuko iramutse itsinda APR FC igatsindwa cyangwa ikanganya Kiyovu yarara itwaye Igikombe cya shampiyona iheruka mu myaka 30 ishize.

Kiyovu sports itsindiwe kuri sitade byatuma imvugo yo guhimba iyi sitade ya Nyagatare sitade ya Gorogota bigira ireme ndetse bikongera igitinyiro.

Umukino w'umunsi wa 29 wa shampiyona y'icyiciro cya mbere mu mupira w'amaguru uzahuza Sunrise na Kiyovu sports uzabera kuri sitade ya Nyagatare, kuri iki Cyumweru tariki ya 21 Gicurasi 2023 saa cyenda.



Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare, yasuye ikipe ya Sunrise FC asaba gutsinda Kiyovu Sports




Inyogosho ya Babua Samson yatumye benshi bamugarukaho cyane





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND