RFL
Kigali

Ni ngano ki y'urumogi yasanzwe mu mubiri w’umunyamideri Moses Turahirwa?

Yanditswe na: Daniel HAVUGARUREMA
Taliki:16/05/2023 16:26
0


Nyuma yo kwitaba urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, agakatirwa gufungwa iminsi 30, ingano y’ikiyobyabwenge cy’urumogi yasanzwe mu mubiri w’umunyamideri Moses Turahirwa ikomeje kuvugisha benshi.



Ku wa gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, saa tatu z’igitondonibwo Umunyamideri Moses Turahirwa washinze inzu imideri ya Moshions yambika abakomeye, yitabye urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha ashinjwa byo gukoresha impapuro mpimbano no gukoresha ibiyobyabwenge.

Muri uru rubanza hahishuye byinshi bitandukanye bikubiye mu iperereza ubungenzacyaha bwamukozeho ubwo bwamutaga muri yombi birimo kuba uyu musore yarapimwe agasangwamo urumogi mu maraso, urundi rufatirwa iwe n’ibindi.

Moses watawe muri yombi tariki 28 Mata 2023 akekwaho ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge no gukoresha impapuro mpimbano, yireguye avuga ko uru rumogi bamusanzemo atigeze arunywera ku butaka bw’u Rwanda, ahubwo ko yarunywereye mu gihugu cy’Ubutaliyani aho amaze igihe yiga ubuhanga bwisumbuyeho bwo gukora no gutunganya imideri.

Nyuma y’iminsi itanu, ku wa mbere tariki 15 Gicurasi 2023, urukiko rw’ibanze rwanzuye ko uyu musore afungwa iminsi 30 y’agateganyo agakomeza gukurikianwaho ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano no gukoresha ibiyobyabwenge afungiye muri gereza nkuru ya Nyarugenge iherereye i Mageragere.

Ni ngano ki y’urumogi yasanzwe mu maraso y’umunyamideri Moses Turahirwa ?

Nyuma yo gukurikira urubanza, InyaRwanda yifuje kumenya amakuru arambuye ku ngano y’ikiyobyabwenge cy’urumogi ingana na 321 Ng/Ml rwasanzwe mu maraso y’umunyamideri Moses Turahirwa twicarana n’umuganga aduha ibisobanuro birambuye.

Uyu muganga utifuje ko amazina ye ashyirwa hanze, yabwiye InyaRwanda ko THC bivuze Tetrahydrocannabinol kikaba igipimo bakoresha bashaka kumenya niba hari urumogi ruri mu mubiri w’umuntu bakinyujije mu maraso cyangwa mu nkari.

Muganga yavuze ko kugira ngo bemeze ko ukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi bakoresheje igipimo cya THC bagomba kugusangamo guhera ku ngano ya 50 Ng/Ml kuzamura. 

Wifashishije imibare bigaragara ko ingano y’ikiyobyabwenge cy’urumogi yasanzwe muri Moses Turahirwa ikubye inshuro esheshatu [6] ingano mfatizo igenderwaho mu gupima uwanyoye cyangwa wakoresheje iki kiyobyabwenge.

Ku wa mbere ubwo urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwasomaga umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku rubanza rwa Moses Turahirwa, Perezida w’inteko iburanisha yavuze ko ubushinjacyaha bwagaragaje ingingo yuko uyu musore ataba yarakoresheje iki kiyobyabwenge mu rwego rw’ubuvuzi kuko ugikoresheje muri ubwo buryo atarenza 20 Ng/Ml.

Uru rukiko rushingiye ku bimenyetso bikomeye birimo kuba hari urundi rumogi rwasanzwe mu ishati ye, ntabashe gusobanura inkomoko yarwo, rwahise rwanzura ko uyu musore w’imyaka 32 akurikiranwa afunzwe iminsi 30 y’agateganyo.

 

Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko Moses Turahirwa afungwa iminsi 30 y’agateganyo, agakomeza gukurikiranwaho ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge no gukoresha impapuro mpimbano


Moses Turahirwa aganira n’umwuganira mu mategeko Maitre Bayisabe Irene wemeje ko bagiye kujurira iki cyemezo cyo gufunga uyu musore iminsi 30 y’agateganyo

 

Abo mu muryango wa Moses Turahirwa basohotse batishimye baganira n’umunyamategeko Maitre Bayisabe Irene wunganiraga uyu munyamideri 

Ihere ijisho uko urubanza rwa Moses Turahirwa rwagenze

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND