RFL
Kigali

Ibintu umugabo n’umugore bakunda mu rugo rwabo kurusha gutera akabariro

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:21/03/2023 12:33
0


Urukundo rufatwa mu mashusho atandukanye, ndetse bamwe barupima ku munzani bigendanye n’urwo barimo. Umwe yaragize ati:”Ku mugabo wanjye, urukundo ni igihe twishimye turi gutera akabariro. Nibwo avuga ko urugo rwacu ari rwiza”. Undi ati: "Kuri njye umugabo wanjye akunda ko mwubaha gusa”. Ese muri aba bombi ninde uri mu nzira y’urukundo ny



Abahanga mu rukundo bemeza ko urukundo ari ikintu cyiza “Love Is Beautiful Thing”. Mbere yo gukora iyi nkuru nafashe umwanya wo kureba zimwe mu nkuru z’urukundo zabayeho mu mateka y’isi zikandikwa mu bitabo, ndetse abantu benshi bakazigira icyitegererezo. Izi nkundo zihuye n’uburyo abantu bakwiriye gufata urukundo haba kuribo ndetse no mu ngo zabo, by’umwihariko buri wese ku giti cye.

Muri izi nkuru nawe uzi ntaho bavuga ko ‘bakundanye cyane kuko umwe muri bo yari azi gutera akabariro neza', Yewe nta n'aho bavuga ibyo gutera akabariro usibye urukundo rwabo natwe twamenye kubera ibikorwa byarwo!

Umugabo wari ugeze muzabukuru yaravuze ngo “Ese wari uzi ikintu cya mbere  abagore bakenera ku bagabo babo? Ni urukundo. Hejuru y’ikindi kintu cyose yaba agushakaho, umugore akenera urukundo kurusha ibindi byose kandi umugabo aba agomba kumenya neza ko amukunda bihagije kandi akabimubwira buri mwanya, buri munota, mbese nk’inshuro igihumbi mu mwaka wose abisubiramo”.

Uyu mugabo yakomeje agira ati: "Ese wari uzi ikintu abagabo bakunda cyane ndetse baba bifuza ku bagore babo buri mwanya? Ni icyubahiro cyonyine, ntabwo ari ugutera akabariro nyizera rwose, ni icyubahiro gusa. Iyo wubashye umugabo wawe  n’umugabo wawe akagukunda, nibwo muzagira urugo rwiza kabone n’ubwo ibyo bindi bitabaho”.

Mu gitabo cya Bibiliya  kubacyemera  haragira hati: "Bagabo, mukunde abagore banyu nk'uko Kristo yakunze Itorero akaryitangira”. “Namwe bagore mugandukire abagabo banyu”.

Muri iki gitabo babwira abagabo gukunda abagore babo nk’uko twabibonye haruguru, bagasaba abagore kugandukira abagabo byumvikana ko baba babasaba kububaha cyane.

Umugabo wakoze ibi, umugore wakoze ibi aba yubaka urugo rwe kandi akarwubaka aho undi muntu atabasha kugera.

Birashoboka ko umugabo wawe yakosa, umugore aba asabwa kumubwirana icyubahiro ndetse akirinda kubimubwirira mu ruhame, cyangwa aho bigaragara ko yamusuzuguye. Umugore nawe iteka aryoherwa no kumva ijambo ‘Ndagukunda’, akaryumva rivuye ku mutima kandi akaryumva kenshi. Abakora gutyo bazabasha kugira urugo rwiza.

Urukundo ni inzira ndende y’ubuzima abakundana baba bagomba kunyuranamo kugeza bayisoje, umwe avuye mu mubiri undi agakomeza kuyikomeza yubahisha uwamukunze cyangwa uwamwubashye. Urukundo rw’ukuri ntirurangira iyo umwe agiye ahubwo rurakomeza kugeza ku iherezo, nk’uko ingero zumvikanira mu ngero twumvise.

Uramutse ugize ikibazo kuri iyi ngingo ukaba ushaka gusobanuza cyangwa kuduha ibitekerezo byawe, twandikire ahatangirwa ubutumwa cyangwa kuri Email yacu Info@Inyarwanda.com.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND