Perezida wa Toronto raptors akaba n'umwe mu bari gukora impinduka muri Basketball y'Isi Masai Ujiri, yatangaje ko muri Afurika nta bibuga byakakira umukino wa NBA usibye u Rwanda na Senegal.
Ujiri
ufite ubwenegihugu bwa Nigeria na Canada, aganira n'ikinyamakuru BBC yatangaje
ko Afurika ifite ikibazo cy'ibibuga bya Arena ari nayo mpamvu kuhazana umukino
wa shampiyona ya Basketball muri Amerika, bikiri inzitizi.
Ujiri
yavuze ko bifuza kuzana imikino myinshi muri Afurika, ariko bikanga kubera
ibibuga. Yagize ati "Dufite ikibazo gikomeye muri Afurika, ibihugu byinshi
ntabwo bifite Arena zo gukiniramo. Iyo urebye ibyo Perezida Kagame yakoze mu
Rwanda akubaka Arena (BK Arena) yafunguwe mu 2019, ndetse Macky Sall wa Senegal
akaba yari yayubatse mu 2018, ibi nibyo bibuga byabasha kwakira imikino kuri uyu mugabane."
Masai Ujiri niwe uyoboye inkundura yo kuzana imikino ikomeye ya Basketball muri Afurika
National
Basketball Association (NBA) ifatanyije na International Basketball Federation
baherutse gutangiza irushanwa rya Basketball Africa League (BAL), aho amakipe
atandukanye muri Afurika aryitabira ikipe iryegukanye igahabwa igikombe nk'ikipe
ya mbere muri Afurika.
Masai
Ujiri yakomeje avuga ko igihugu cya Kenya gikeneye Arena ku buryo bwihutirwa. "Dukeneye Arena muri Kenya. Iyo wubatse Arena izana ibyiza byinshi kuko itanga
akazi, ikazana imisoro, ndetse ikongera n'urwego rw'imikino n'imyidagaduro.
Ibi rero tubikeneye Nairobi mu buryo bwihutirwa. Nairobi ni hamwe mu hantu haba
ibyishimo byo hejuru ku Isi, Arena rero izahubakwa izaba ifite ubushobozi bwo
kwakira imikino, ibitaramo, n'ibindi bikorwa."
Perezida Kagame na Masai Ujiri muri Gashyanatare mu 2020 ubwo bamurikaga Giants of Africa Festival, yagombaga kwitabirwa n'urubyiruko rutandukanye rwo muri Afurika
Biteganyijwe ko umushinga wo kwakira imikino itegura shampiyona ya NBA muri Afurika numara kwemerwa, u Rwanda na Senegal bizaba ibihugu bya mbere bizakira iyi mikino.
Masai Ujiri niwe washinze Giants of Africa igamije kuzamura umukino wa Basketball muri Afurika
Bk Arena iberamo ibitaramo, inama, ndetse n'imikino mpuzamahanga
TANGA IGITECYEREZO