RFL
Kigali

Inyungu yo gusigasira ireme ry'ibihangano binyuze mu myandikire y'amanota

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/12/2022 9:09
0


Kwandika ibihangano bituma kibikwa igihe kirekire mu mwimerere wacyo. Bifasha abiga umuziki kubona imfashanyigisho kandi bitanga akazi ku bandika.



Byungukira ba nyiri bihangano. Byateza imbere muzika Nyarwanda kuko ishobora no gucurangwa mu mahanga hifashishijwe ayo manota y’igihangano runaka.

Hari abahanzi bazwi mu Rwanda bandikira indirimbo abandi n’ubwo kenshi batazishyira mu manota nk’uko bikwiye. Ahubwo bazandika ku mpapuro mu mukono wabo.

Bruce Melodie aherutse kuvuga ko hari indirimbo yandikiwe na Danny Vumbi, ariko ko bitewe n’umukono we atorohewe no kuyiririmba kuko atabisomaga neza.

Mu cyumweru gishize, habaye ibiganiro nyunguranabitekerezo byahuje abanyamuziki batandukanye, hagarukwa cyane cyane ku bijyanye n’iterambere rya muzika nyarwanda.

Hibanzwe ku cyatuma itera imbere kurushaho. Mu buryo bubyara imirimo ku rubyiruko ndetse n’uburyo ibimaze kugerwaho byabungwabungwa bijyanye no kubisigasira mu buryo bw’umurage.

Ibi biganiro byari byubakiye ku nsanganyamatsiko igira iti “Muzika yacu, isoko yacu” mu rwego rwo kumvikanisha ko umuziki ushobora kuba isoko yo gusigasira umurage binyuze mu bihangano.

Guteza imbere ururimi, gutanga imirimo bigabanya ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko, kuzamura ubukungu bw’igihugu n’ibindi.

Mu biganiro byatanzwe hagarutswe ku mateka ya muzika mu Rwanda cyane cyane agendanye n’imyandikire cyatanzwe n’impuguke akaba n’inararibonye mu mateka, Prof. Gamaliel Mbonimana.

Yanyuzagamo akanaririmbira abitabiriye kugira ngo bumve uburyohe bwa Muzika Nyarwanda guhera ha mbere ahereye ku ngero zaho yagiye icurangwa ku rwego mpuzamahanga.

Mbonimana yashishikarije urubyiruko kwita ku byo ruhimba rudatwawe no guhimba ibibazanira amafaranga gusa ahubwo bakajya banashishoza kugira ngo n’ubu muzika ibe yabasha kugera ku ruhando mpuzamahanga.

Yanagarutse ku bitabo bitandukanye yanditse ndetse n’ibyo yagizemo uruhare ariko cyane cyane ikivuga ku mateka ya muzika nyarwanda. Yizera ko igihe kizaba gisohotse kizafasha urubyiruko mu kumenya amateka ya muzika yabo.

Mu bandi batanze ibiganiro harimo Umuyobozi w’ibitaro bya Rilima akaba n’Umuyobozi wa Chorale de Kigali, Dr Albert Nzayisenga, wagarutse ku kamaro ka muzika mu buzima bwa buri munsi.

Harimo nko kuba yifashishwa mu guhangana n’ihungabana, uburyo ikoreshwa mu buvuzi ndetse n’uburyo iherekeza amarangamutima y’umuntu mu buryo bugiye butandukanye.

Yagarutse kandi ku cyatuma muzika itera imbere ku rwego mpuzamahanga aho avuga ko igihangano iyo kiririmbitse ndetse gikundwa koko ariko ko igituma kiramba ndetse kigakundwa igihe kirekire ari uburyo cyanditse – aho ashishikariza abahanzi kwita ku myandikire cyane kugira ngo ibihangano byabo bimare igihe ku isoko.

Hatanzwe ibitekerezo bitandukanye ku cyatuma ireme rya muzika ritera imbere kurushaho harimo gushyigikira abantu bose bafite aho bahurira n’ubuhanzi binyuze kandi no mu nzego zitandukanye.

Bimenyimana Alphonse washinze ishuri Balymus, yabwiye InyaRwanda ko imyandikire y’umuziki igira uruhare rukomeye mu gusigasira ibihangano.

Yavuze ko bifite akamaro kanini uruganda rwa Muzika mu Rwanda no gusigasira umwimerere w’ibyo bihangano.

Gutanga akazi ku bandika ayo manota, kwinjiriza ba nyiri ibihangano, korohereza abacuranzi n’ibindi ndetse no gufasha abahanzi ku buryo bw’umwihariko igihe bagiye gukorera ibitaramo mu mahanga ndetse no mu Rwanda.

Ati “Bifasha mu gusigasira umurage cyane cyane mu bihangano kuko na nyuma y'igihe biba bishobora kuzakoreshwa n'abazakurikira bareberaho muri wa mwimerere n'ubundi n'ibindi.”

    

Yavuze ko hari itandukaniro rinini hagati y’umuntu ucuranga umuziki azi amanota n’undi ucuranga umuziki atazi amanota.

Ati “Ni uko ucuranga atazi amanota, bisaba ko yumva neza amanota kugira ngo abashe gusubiramo neza nk’iby’umwimerere, ikindi kugira ngo wumve amanota neza bisaba akanya.”

Ni mu gihe usanzwe azi amanota we bitamusaba kurebaho cyane. Ati “Baba barabikoze aza areberaho gusa, ikindi aba afite amahirwe yo gucuranga ibimeze kimwe neza n’uko indirimbo imeze - mu mwimerere usa, ikindi bimufata akanya gato ugereranyije nutazi amanota.”

Kwiga amanota ntago bigora ni nk’uko umuntu yiga ibindi bisanzwe, gukora imyitozo, uko ubikora kenshi niko ubimenya neza. Gusa abanyamuziki basanzwe baba bazi kumva amanota ahubwo bitandukanira ku kubihuza n’imyandikire yayo gusa.

Muri iki gihe, ishuri rya Balymus rifatanyije na Rwanda TVET Board bari gusoza gukora imfashanyigisho y’igihe gito (Short Course) izafasha kongerera ubumenyi abakunda umuziki ariko bakora.

Bimenyimana yashimye inzego za Leta zabafashije gutegura iki gikorwa, by’umwihariko Inteko y’Umuco, Ministeri y’Umuco n’urubyiruko, Rwanda TVET Board, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ndetse n’ibindi bigo.

Ashima cyane inzego za Leta uburyo zidahwema kuba hafi y’Urubyiruko haba mu bujyanama butandukanye ndetse no mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibikorwa bitandukanye. 


Abayobozi mu nzego zinyuranye, abanyeshuri n'abandi bafite aho bahurira n'umuziki baganiriye ku gusigasira ireme ry'ibihangano binyuze mu manota y'umuziki wanditse

Leonidas Gatete wari uhagarariye Ikigo gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku Nama (Rwanda Convention Bureau, RCB) 

Nyangezi François wo muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Umuco 

Umuyobozi w’ibitaro bya Rilima akaba n'umuyobozi wa Chorale de Kigali, Dr Albert Nzayisenga [iyi korali iritegura gukora igitaramo ku wa 16 Ukuboza 2022] 

Umuyobozi w’ishuri Balymus, Bimenyimana Alphonse avuga ko hari inyungu nyinshi mu kubika ibihangano binyuze mu kubyandika mu manota 

Twizeyimana Jean de la Paix uzwi nka Putizzo yitabiriye ibiganiro byagarutse ku kamaro k'umuziki no gusigasira uwanditse ibihangano






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND