RFL
Kigali

Patient Bizimana agiye gukorera igitaramo cya mbere muri Amerika

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:30/11/2022 8:13
0


Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana uzwi mu ndirimbo zitandukanye ari mu myiteguro yo gutaramira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’ukwezi asanzeyo umuryango we.



Iki gitaramo cyiswe “Vessels of Praise” kizaba ku wa 18 Ukuboza 2022, mu Mujyi wa Portland muri Leta ya Maine ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Patient yabwiye InyaRwanda ko iki gitaramo kibimburiye ibindi azakorera muri iki gihugu. Avuga ko ari umwanya mwiza wo gutaramira abakunzi b’umuziki we, bakundaga ibihangano bye ariko bataramubona.

Ati “Nishimiye gutumirwa muri iki gitaramo. Urumva ni umwanya mwiza kuri njye, wo gutaramira abatuye hano bakunze ibihangano byanjye kuva cyera, ariko twari tutaragira amahirwe yo guhura na rimwe. Ku bw’Imana igihe cyari iki.”

Bizimana wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Menye neza’, avuga ko ubu yatangiye imyiteguro yo gukora iki gitaramo. Ati “Nk’umuhanzi ugomba guhora witeguye. Ubu natangiye gushyira ku murongo buri kimwe kizamfasha kuririmbira abakunzi banjye.”

Uyu muhanzi avuga ko hari imishinga myinshi y’indirimbo yasize akoreye mu Rwanda n’izindi azakorera muri Amerika, ku buryo atazigera yicisha irungu abafana be n’abakunzi b’umuziki.

Avuga ko azakomeza gushyira imbaraga mu rugendo rw’umuziki we, nk’uko yabikoraga akiri mu Rwanda.

Patient yavuye mu Rwanda aririmbye mu bitaramo bikomeye birimo nka Iwacu na Muzika Festival, ibitaramo by’Urwego rw’Umuvunyi n’ibindi bitandukanye. Aherutse gushyira ahagaragara indirimbo yise ‘Umurimo wo kuramya’.

Patient Bizimana yatumiwe gukorera igitaramo muri Leta ya Maine 

Patient avuga ko yiteguye gutaramira abakunzi be bamukunze igihe kinini batamubona 

Bizimana yavuze ko azakomeza gushyira imbaraga mu rugendo rwe rw’umuziki

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UMURIMO WO KURAMYA’ YA PATIENT BIZIMANA

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND