Icyamamare mu njyana ya Afrobeat Kizz Daniel yakabije inzozi aririmbira abafana batagira ingano bitabiye igikombe cy’isi n’abakomeje kugikurikiranira hirya no hino ku isi.
Mu mikino
iri kubera muri Qatar, Kizz Daniel yaciye agahigo nk'uko yari yabyifuje mu myaka
ishize, aririmbira abakunzi b’umuziki n’umupira w’amaguru.
Uyu muhanzi
yifashishije indirimbo zirimo ‘Buga’ yakoze afite intego y'uko yazamugeza ku
kuririmbira abazitabira igikombe cy’isi.
Yaririmbye n'izindi nka ‘Cough’, ‘Lie’, ‘Pour Me Water’, ‘One Ticket’, ‘Eh Good’ na ‘Good
Time’ izi zose zabyinwe karahava nabagera ku bihumbi 40 yataramiye.
Bikaba ari
umuhigo ukomeye ahiguye ni itafari rikomeye yongeye ku muziki we muri iy’iminsi
ahagazemo neza. Ku njyana kandi ya Afrobeat ni ishema rikomeye bigaragaza
ubukana no kwaguka kwayo.
Indirimbo
‘Buga’ igejeje Kizz Daniel kuri aka gahigo yayikoranye na Tekno ikaba iri muzikunzwe
ndetse ku rubuga rwonyine rwa Youtube imaze kurebwa na miliyoni 95.
Ubwo Kizz Daniel yahamagarwaga ku rubyiniro
Yanyuze abitabiriye igikombe cy'isi bagera ku bihumbi 40
Indirimbo "Buga" ya Kizz Daniel yakoranye na Tekno iri mu zishoboye kwandika amateka
TANGA IGITECYEREZO