RFL
Kigali

Umunya-Ghana Stonebwoy ari i Kigali, aho azaririmba mu itangwa ry'ibihembo 'GUBA'

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/09/2022 11:11
0


Umuhanzi w’umunya-Ghana, Livingstone Etse Satekla wamamaye mu muziki ku izina rya Stonebwoy yamaze kugera i Kigali, aho biteganyijwe ko azaririmba mu muhango w’itangwa ry’ibihembo byiswe “GUBA (Grow, Unite, Build, Africa) Awards.”



Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Nzeri 2022, Stonebwoy yanditse kuri konti ye ya Twitter akurikirwaho n’abantu miliyoni 3 avuga ko ari i Kigali.

Uyu muhanzi wakunzwe mu ndirimbo zirimo ‘Activate’ yakoranye n’umunya-Nigeria Davido, ‘Ololo’ yakoranye na Teni, yasabye abafana be n’abakunzi b’umuziki kugura amatike hakiri kare kugira ngo bazabashe kwishimana nawe.

Ni ubwa mbere ibi bihembo bya ‘GUBA’ bigiye gutangirwa mu Rwanda, ariko ni ku nshuro ya 13 bigiye gutangwa. Bihabwa ba rwiyemezamirimo mu ngeri zinyuranye z’ubuzima, bafatiye runini sosiyete, hagamije kubashimira umusanzu wabo.

Kuva mu 2009, nibwo Dentaa Amoateng yagize igitekerezo cyo gutangira gutanga ibi bihembo, bitangira ashimira abanya-Ghana.

Ubwo yimukiraga mu Bwongereza n’umuryango we, yasanze akwiye kwagura ibi bihembo akajya ashimira buri munyafurika ugira uruhare mu buzima bw’abandi.

Ubwo byatangirwaga bwa mbere mu Mujyi wa London mu Bwongereza mu 2010, abanyafurika benshi batuye muri iki gihugu, bifuje ko byakwaguka bikagera mu bihugu byose byo muri Afurika, hagamijwe gushimira buri munyafurika uteza imbere abandi, cyangwa se ugira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abandi.

Abazahabwa ibihembo bari mu byiciro 13 barimo umushoramari Sina Gerard uri mu cyiciro cya 'Industrial Innovation Award', umunya-Ghana Wode Maya uri mu cyiciro cya 'Excellence in Tourism Award', Dr. Sangu Delle (Ghana) mu cyiciro 'Entrepreneurial Spirit Award' na Amadou Gallo Fall (Senegal) mu cyiciro 'Sporting Excellence Award'.

Hari kandi Alena Analeigh MCQuarter (Amerika) mu cyiciro 'Young Achiver Award', Keith Ellison (USA) mu cyiciro 'Legal Excellence Award', Dr. Sylvia Shitsama Nyamweya (Kenya) mu cyiciro 'Pioncer in Health Excellence Award'.

Harvey Mason Jr (Amerika, ni we muyobozi w’ibihembo bya Grammy Awards) mu cyiciro 'Entertainment Mogul Award', Uche Ofodile (Nigeria) mu cyiciro 'Influential Business Leader Award', Acha Leke (Cameroon) mu cyiciro 'Business Mogul Award', Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus uyobora OMS (Ethiopia) mu cyiciro 'Exceptional Leadership in Global Health.

Ndetse na Sandra Zawedde (Uganda) mu cyiciro 'Excellence in Infrastructure Development' na Maryse Mbonyumutwa (Rwanda) mu cyiciro 'Manufacturing and Sustainability Award'.

Ibi bihembo bizatangwa ku wa 29 Nzeri 2022, mu muhango uzabera mu Intare Conference Arena.

Stonebwoy watumiwe gususurutsa umuhango w’itangwa ry’ibi bihembo, azahurira ku rubyiniro n’umuramyi w’umunyarwanda Prosper Nkomezi n’abandi bataratangazwa.

Stonebwoy yubakiye umuziki we ku njyana ya Afropop, Dancehall na Reggae. Ni we washinze inzu ifasha abahanzi ya Burniton Music Group.P, kandi yegukanye ibihembo by’umuziki birimo ‘Best International Act’ mu bihembo bya BET Awards 2015, yabaye n’umuhanzi w’umwaka mu bihembo ‘Ghana Music Awards’.

Yavukiye mu gace ka Ashaiman ku wa 5 Werurwe 1988, yujuje imyaka 34. Kuva mu 2017, arwubakanye na Louisa Ansong.

Uyu mugabo yageze i Kigali nyuma y’uko ashyize umukono ku masezerano, yo gutangira gufashwa mu muziki n’inzu ikomeye ya Universal Music Group. Bazamukorera album eshatu.

Stonebwoy asanzwe ari n’umukinnyi wa filime, aho agaragara muri ‘Happy Death Day’ na ‘My name is Ramadan’. Ni Ambasaderi wa sosiyete ya Tecno muri Ghana, Volitic Natural Mineral Water n’izindi.

Uyu muhanzi mu mashuri yisumbuye yize mu ishuri rimwe n’umuraperi Sarkodie uri mu bakomeye muri Ghana. Icyo gihe bigaga muri Methodist Day Secondary School.

Mu 2013, yahawe impamyabumenyi cy’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye na ‘Marketing’.

     

Umuhanzi w’umunya-Ghana Livingstone Etse Satekla [Stonebwoy] yamaze kugera i Kigali    

Stonebwoy azaririmba mu itangwa ry’ibihembo ‘GUBA (Grow, Unite, Build, Africa) Awards’     

Stonebwoy uzwi mu ndirimbo nka yize mu ishuri rimwe ’umuraperi Sarkodie uri mu bakomeye muri Ghana 

Abantu 13 bo mu bihugu bitandukanye bazashyikirizwa ibihembo ‘GUBA’ mu byiciro binyuranye

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ACTIVE' 

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘THERAPY’

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND