Umukinnyi wa filime Michael Wawuyo uri mu bakomeye muri Uganda, agiye kuza i Kigali mu gikorwa giteganyijwe cyo kumurikira bwa mbere mu Rwanda filime ‘A Taste of Our Land’.
Iyi filime imara isaha
n’iminota 24 yakozwe mu 2020, iri mu biganza by’umwanditsi wa filime
akaba n’umushoramari, Yuhi Amuli.
Izamukirwa ku wa 29 Nzeri
2022 mu muhango uzabera Centre Culturel Francophone du Rwanda ku bufatanye n’ikigo
Goethe-Institut Rwanda.
Amuli yabwiye
InyaRwanda ko igihe kigeze kugira ngo iyi filime ayimurikire Abanyarwanda,
kandi n’umukinnyi w’imena Michael Wawuyo wayikinnyemo azaba ari mu Rwanda mu
muhango wo kumurika.
Biteganyijwe ko uyu
mugabo azagera mu Rwanda, ku wa 28 Nzeri 2022. Ari muri ba bakinnyi bo muri
Uganda, bajyaga bazana mu Rwanda gukina za filime zivuga kuri Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994, ariko zikozwe mu cyongereza nka 'Sometimes in April' ya Raoul
Peck.
Iyi filime ‘A Taste of
Our Land’ ivuga ku bashinwa muri Afurika. Ibara inkuru y’umusaza utoragura
ibuye rya zahabu mu kirombe, maze agashaka kurigurisha n’umushinwa uba ari
kumwirukaho ngo arimwambure.
Iherutse kwegukana
igikombe mu iserukiramuco ryitwa ‘Khouribga African Film Festival’ ryabereye
muri Maroc, ku wa 4 Kamena 2022.
Michael Wawuyo wakinnye
muri iyi filime, aho akina yitwa ‘Yohani’ ni we wegukanye igihembo cy’umukinnyi
mwiza.
Si ubwa mbere iyi filime
yegukanye igikombe, kuko mu myaka ishize yerekanwe bwa mbere mu Mujyi wa Los
Angeles, mu iserukiramuco PanAfrican Film Festival itwara igihombe cya filime
nziza ndende (Best First Feature Film by a Director).
KANDA HANO UREBE AGACEGATO K’IYI FILIME
Filime ‘A Taste of Our Land’ igiye kumurikirwa bwa mbere Abanyarwanda
Wawuyo [Uri ibumoso, ategerejwe i Kigali], ni we watumye filime ‘A Taste of Our Land’ yegukana igihembo cya kabiri Mpuzamahanga
Yuhi ubwo yari yagiye
muri Maroc kwakira igihembo filime ye yegukanye mu iserukiramuco
mpuzamahanga
TANGA IGITECYEREZO