RFL
Kigali

Abakoresha Twitter bagiye gushyirirwaho uburyo bwo gukosora ibyo banditse (Edit)

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:3/09/2022 22:42
0


Abayobozi b'urubuga ruri mu zikomeye ku isi ‘Twitter’, batangaje ko bashobora gushyiraho uburyo bwo gukosora ibyanditswe ‘Edit’ mu mpera z’uku kwezi.



Nyuma y’igihe kingana n’umwaka abakoresha uru rubuga basabye ko rwashyirwaho uburyo bwo gukosora ibyo banditse mu gihe habayeho kwibeshya, byamaze kwemezwa ko ubu buryo buri kugeragezwa. Mu gihe bwaba bukunze, bwatangira gukoreshwa.

Kompanyi ya Twitter, yatangaje ko iri kugeraza ubu buryo bwo gukosora ibyanditswe cyangwa gukora 'Edit'. Iyi komponyi yemeje ko yabikoze nyuma y’ubusabe bw’abantu benshi bayisabye. 

Bati:”Nihagira ubutumwa mubona bwanditseho ijambo ‘Edit’ mumenye ko byaturutse ku igerageza riri gukorwa kuri ubu buryo”.

ESE UBUTUMWA BWOSE BWATANZWE BUZABA BWEMEREWE GUKORERWA IKOSORA (Edit)?

Ubu buryo bwo gukosora ibyanditswe buzajya bwemera mu gihe cy’iminota 30 hakorwe impinduka ku butumwa butarenze amagambo 280, harimo nko guhindura utubago, uhindura #Hashtag iba yashyizweho mbere yo kuburekura.

Nk’uko iri tangazo ribivuga, ubu buryo buzahabwa abantu bose ariko bikorwe mu gihe cy’iminota runaka. Uburyo bwo gukosora ibyanditswe, buzagaragazwa n’akamenyetso kari mu ishusho isanzwe igaragaza urubuga rwa Twitter kari mu ishusho y’isaha.

Ubu buryo buzahabwa abantu bose bakoresha urubuga rwa Twitter. Ibi byakozwe mu rwego rwo gufasha abakoresha uru rubuga gukomeza kunogerwa no gukomeza kwishimira kuyikoresha nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wayo Stephanie Cortez.

Byatangajwe kandi nyuma y’uko kompanyi ya Twitter, yatangaje ko ishobora kongera umukire Elon Musk ku bayobozi bayo.

Inkomoko: Africannews






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND