RFL
Kigali

Ramba yegukanye irushanwa ‘Show me your talent’ nyuma yo guterwa n’abagizi ba nabi bamubujije amahirwe ya mbere

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/07/2022 9:04
0


Umuhanzi Mutagoma Bosco Magnifique ari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko yegukanye irushanwa ‘Show me your talent’ ryabaga ku nshuro ya gatatu.



Uyu musore w’i Rubavu asanzwe afite indirimbo imwe yise ‘Mpaka’ imaze amezi icyenda isohotse.

Ku wa 8 Nyakanga 2022, ni bwo binyuze mu kiganiro ‘Versus’ cya Televiziyo Rwanda, byatangajwe ko Ramba ari we wegukanye iri rushanwa ahembwa ibihumbi 200 Frw no gukorerwa indirimbo mu buryo bw’amashusho n’amajwi.

Ni mu gihe Germain Dufitumukiza yegukanye umwanya wa kabiri ahembwa ibihumbi 100 Frw.

Ramba yabwiye INYARWANDA ko ari byishimo bikomeye kuri we kuba yabashije kwegukana iri rushanwa yari ahatanyemo n’abandi banyempano.

Ati “Ubu ngubu niyumva neza kurusha mbere. Byampaye icyizere kuko mbere yo gutwara iri rushanwa nari mfite gahunda nyinshi zo kuba nakora umuziki, kuko na mbere yaho nari mfite indirimbo ariko gahunda nari mfite zo kuba nakora indi ndirimbo ziri kure cyane.”

Akomeza ati “Ariko iri rushanwa niryo ryatumye imishinga yanjye yose yigira hafi. Bituma n’abantu bumvaga y’uko ntakora umuziki barabyumvise.”

Uyu musore uvuka mu muryango w’abana batanu, avuga ko yakuranye urukundo rw’umuziki muri we, kandi yumvaga igihe kizagera akawukora.

Yivuga nk’umuntu ukunda gusabana n’abandi. Avuga ko kwitabira Show me your Talent yabibonye binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ariko ntibwari ubwa mbere.

Ramba yavuze ko ubwo iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya kabiri yarihatanyemo, ariko agarukira muri kimwe cya kabiri cy’irushanwa (Semi-Final).

Yavuze ko ubwo batangazaga 10 ba mbere atabimenye, kuko ubwo yari muri karitsiye atashye iwabo yahuje n’abagizi ba nabi bamukubita ikintu mu mutwe ata ubwenge yikubita hasi, batwara buri kimwe yari afite birimo na telefoni.

Ati “Nari mu nzira ndi gutaha mpura n’abagizi ba nabi ndi kuri telefoni bankubita ikintu mu mutwe mpita nsinzira, bantwara buri kimwe nari mfite mu mufuko bansiga aho. Icyo gihe haburaga iminsi micye ngo batangaze abakomeje muri ‘semi-Final’.”

Ramba avuga ko atibuka igihe yamaze aho, ariko aho yakangukiye yabashije kwiyobora agera mu rugo.

Akomeza avuga ko kongera kugaruka muri iri rushanwa byaturutse ku kwiyumvamo icyizere no kuba yarabuze amahirwe bitewe n’abamusagariye.

Ati “Numvaga icyizere mfite n’inyota yo kuba naritwara [Irushanwa], kuko nyimara kubona ko nahombye ariya mahirwe ntabwo nacitse intege naravuze nti icyabiteye ubwo n’irya mpanuka nakoze. Ariko irushanwa rya gatatu ngomba kurijyamo kandi mfite icyizere.”

Uyu musore yavuze ko abaganga bamwitayeho, ubu nta kibazo afite ku mutwe. Avuga ko mu gihe cy’imyaka itanu, ashaka ko umuziki we uzaba uzwi mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba 

Ibyishimo ni byose kuri Ramba [Uri iburyo] wegukanye irushanwa ‘Show me your talent’ ryabaga ku nshuro ya gatatu 

Mani Martin ari mu Kanama Nkemurampaka kifashishwa mu kwemeza uwegukana iri rushanwa 

Ramba yavuze ko yabuze amahirwe muri ‘Show me your talent Season 2’ kubera ko yatewe n’abagizi ba nabi bakamukoretsa ku mutwe 

Ramba yavuze ko yagarutse muri iri rushanwa kubera ko yari yifitiye icyizere muri iri rushanwa


Uhereye ibumoso: Germain Dufitumukiza wegukanye umwanya wa kabiri, Mani Martin, Luckman Nzeyimana na Ramba wegukanye 'Show me your talent Season 3'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND