Umuhanzi w’umunya-Nigeria uri mu bagezweho, Fabian Okike wamamaye mu muziki nka Singah, yemeje kuririmbira mu Rwanda mu gitaramo cya Trappish Concert II azahuriramo n’abahanzi Nyarwanda 24.
Ku wa 16 Nyakanga 2022 ni bwo muri
Canal Olympia ku i Rebero hazabera igitaramo cyiswe “Trappish Concert II”
cyateguwe na Evolve Music Group ndetse na Trapish Music y’umuraperi Ish Kevin.
Kwinjira muri iki gitaramo ni 10, 000
Frw mu myanya isanzwe, 20, 000 Frw muri VIP na 30,000 Frw muri VVIP. Ni mu gihe
ku meza y'abantu batandatu wishyura 300,000 Frw.
Iki gitaramo cyatewe inkunga n’uruganda
rwa Skol. Kuri uyu wa Mbere, Singah yasohoye amashusho yemeza ko azataramira i
Kigali ku wa 16 Nyakanga 2022.
Abahanzi 24 bo mu Rwanda nibo
bazaririmba muri iki gitarao: Ish Kevin, Gabiro Guitar, Okkama, Kenny Sol ,
Mike Kayihura, Kenny k shot, Ariel Ways, Bwiza, France, Nillan, Soldier the 1st,
Ririmba, Bushali, Chris’s Eazy, Afrique, B-Threy, Jowest, Trissy Ninety six,
Koladebless, Derek YMG, Slum Drip, Og2Tone, Logan Joe na Kivumbi.
Evolve Music ivuga ko iki
gitaramo ‘ari cyo cya mbere kigiye guhuriza hamwe abahanzi benshi nyuma ya
Primus Guma Guma Super Stars’. Bavuga ari umwanya w’abahanzi bashya kandi
batanga icyizere wo kwigaragariza abakunzi babo.
Singah ugiye gutaramira
mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere, abarizwa mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika
“P Classic Records” yashinzwe n’umuhanzi Peter Okoye ‘Mr P’. Ni nyuma y’uko
atandukanye n’umuvandimwe we Paul Okoye ‘Rudeboy’.
Ibinyamakuru
bitandukanye byo muri Nigeria, bivuga ko Singah ari umuhanzi ufite umuziki uri
gukura uko bucyeye n’uko bwije.
Ni umuhanzi w’imyaka 26
ukora injyana ya Afropop. Yabonye izuba ku wa 20 Nzeri 1995, avukira mu
Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Nigeria mu muryango ukunda umuziki,
wamushyigikiye cyane ubwo yatangiraga urugendo rw’umuziki.
Impano ye yigaragaje
cyane ubwo yashyiraga hanze indirimbo yise ‘Teyamo’ yatumye Mr P ahita
amusinyisha mu inzu ifasha abahanzi yashinze.
Ubu agezweho mu
ndirimbo zirimo “Balance It”, “Somebody”, “Mon Amour”, “Touching”, “Attencion”
n’izindi.
Singah yateguje igitaramo gikomeye mu Rwanda
Singah yamenyekanye binyuze mu ndirimbo ‘Teyamo '
Abahanzi nyarwanda
bazaririmba muri iki gitaramo ni 24. Igitaramo cyatewe inkunga n’uruganda rwa
SKOL
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘BALANCE IT’ YA SINGAH
TANGA IGITECYEREZO