RFL
Kigali

Umuriro watse hagati ya Huddah Monroe na Munyi wibasiye ikompanyi ye

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/06/2022 14:55
0


Umushabitsi Huddah Monroe, nyiri kompanyi itunganya ibicuruzwa bya ‘make up’ umaze igihe anaca ibintu mu makuru y’urukundo na Jux akomeje gucyocyorana n’icyamamare mu gukora inkuru zicukumbuye, Munyi wibasiye ubucuruzi bwe.



Mu mashusho yashyize hanze mu masaha macye ashize, Munyi yavuze kubyo Huddah yamusubije avuga ko ari umwanda n’abantu babyibushye bagakwiye kwikunda bagashima uko Imana yifuje ko bamera.

Ati:”Hanze ku mbuga nkoranyambaga hari amakuru anyuranye ariko reka mbwire abantu bose babyibushye ko badakwiye guterwa isoni n’uko bateye, ndifuza ko mumenya ko muri beza kandi muri ab’igikundiro.”

Ibi abivuze nyuma y’ubutumwa bwa Huddah wagize ati:”Ikikurimo gituma wumva wasebya abandi bateye kimwe nawe, ndagusabye bihagarike kuko nibibi biteye isoni ntibikwiye mu buzima.”

Huddah kandi yaherukaga kumwita “igikamyo cy’umwanda”, ati:”Uburyo watesheje agaciro ikompanyi yanjye nanjye nzagutesha agaciro, ndagusabye genda ushake atari uguhangana n’abatandukanye cyeretse niba ucyeneye ubufasha bwo kukuvuza mu mutwe.”

Yongeraho ati:”Ubucuruzi bwanjye ni nk’umwana wanjye kubusebya ntabwo nshobora kukorohera, kuko tuzi imvune z’aho twanyuze ngo tugere aho tugeze ariko wowe uricara iyo ugatangira gushaka kutwangiza? Jya utekereza kabiri mbere yo kugira icyo uvuga cyangwa ukora.”

Gucyocyorana kwa Huddah Monroe kwatangiye nyuma y’uko Munyi avuze ku bicuruzwa bya Huddah avuga ko bitujuje ubuziranenge, aho ngo yasanze ibicuruzwa bya Huddah  byose bikoze kimwe ndetse n’ibyo bapfunyika biba bituzuye.

Murugi Munyi

Yibasiye Monroe

Monroe yagereranije Munyi n'igikamyo cy'umwanda

Amaze iminsi avugwa mu rukundo na Jux





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND