RFL
Kigali

None baravuga ngo 'Nywe' - Belise Kariza uyobora AWF yifashishije indirimbo ya Nel Ngabo mu kumvikanisha ko u Rwanda ruri gusarura aho rwabibye

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/06/2022 13:22
0


Umuyobozi Mukuru wa African Wildlife Foundation Rwanda, Belise Kariza, yifashishije indirimbo ‘Nywe’ y’umuhanzi Nel Ngabo mu kumvikanisha ko u Rwanda ruri gusurura aho rwabibye igihe kinini hari abadashaka kubyumva.



Kuva ku wa 20 Kamena 2022, mu Rwanda hari kubera Inama y’abakuru b’ibihugu bigize Commonwealth, izwi nka CHOGM. Ni ku nshuro ya mbere iyi nama ibereye mu Rwanda, kuva mu 2009 rwakwinjira muri uyu muryango uhuje ibihugu 54 n'abaturage barenga Miliyari 2.5.

Ni inama ibaye nyuma y’imyaka ibiri isubikwa kubera icyorezo cya Covid-19. Ndetse, hari abagiye bakora ibikorwa by’ubushotoranyi, benshi bakavuga ko byari bigamije gukoma mu nkokora iyi nama, ariko yarabaye!

Amarangamutima ni benshi ku banyarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagaragaza ko imiyoborere myiza ari yo itumye u Rwanda ruhangwa amaso n’isi yose.

Mu ndirimbo y’igihugu ‘Rwanda Nziza’ harimo amagambo avuga ngo “Wishyire wizane muri byose. Urangwe n’ishyaka, utere imbere. Uhamye umubano n’amahanga yose, maze ijabo ryawe riguhe ijambo.”

Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, ni bwo i Kigali hatangiye ku mugaragaro inama y'abakuru b'ibihugu bigize Commonwealth. Yabanjirijwe n’izindi nama ziyishamikiyeho.

Mu Rwanda, hari abakuru b'ibihugu na za Guverinoma bagera kuri 25, n'abahagarariye ibindi bihugu byose bigize Commonwealth.

Belise Kariza uhagarariye mu Rwanda ikigo Nyafurika cyo kwita ku binyabuzima biba mu byanya bikomye kitwa Africa Wildlife Foundation, yanditse kuri Twitter kuri uyu wa Gatanu avuga ko ibyo Nel Ngabo yaririmbye mu ndirimbo ye ‘Nywe’ bifite igisobanuro gikomeye cyane muri iki gihe.

Ati “Izi lyrics (amagambo agize indirimbo) rwose ziri relevant (afite umumaro/agaciro) muri iyi minsi…🎶 “Twavuye ibyuya batureba! Dutigita bo bakiryamye! Iyi mihanda iradukanda turi gushaka iminanda [Amafaranga]! None baravuga ngo NYWE”🎶 🎵 #RwandaWorks.”

Nel Ngabo yabwiye INYARWANDA ko biteye ishema kubona ibihangano bye bivugwaho n’umuyobozi. Ati “Ni ibintu birenze! Kubona n’abayobozi bazi ibikorwa byawe, biba ari umugisha.”

Uyu muhanzi yavuze ko kuba u Rwanda rwarakiriye inama ya CHOGM ari intsinzi. Ati “CHOGM muri rusange ni intsinzi ku Rwanda. Kubona amahanga yizera u Rwanda bigeze aha, ni inzira nziza yerekana ko turi mu murongo mwiza.”

Iyi ndirimbo ‘Nywe’ iri mu njyana ya Rock, ni imwe mu zigize album ya kabiri y’uyu muhanzi.

Injyana ya Rock yamamaye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hagati y’umwaka w’ 1940 na 1950. Iri mu njyana zifite igikundiro ku Isi, ndetse Isi yagize abahanzi n’ubu bagikora iyi njyana bakomeye kandi bubashywe.

Nel Ngabo aherutse kubwira INYARWANDA ko iyi ndirimbo ‘Nywe’ ishingiye ku gucibwa intege yahuye nako mu muziki ahuje n’abandi bantu bashakisha ubuzima ariko bagacibwa intege.

Ati “Ni indirimbo y’abantu bashaka ubuzima. Hari umuntu uba uri gushaka ubuzima ukabona hari abantu bari kumuca intege, bari kuvuga ibintu byinshi bitagushyigikira. Iriya ndirimbo n’icyo ivuze itera n’imbaraga abantu bari gushakisha ubuzima.”

Akomeza ati “Nanjye byambayeho cyera ntarabona abamfasha mu muziki hari ukuntu nakoraga umuziki abantu bamwe ntibabyumve. Rero igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyavuye kuri njyewe no kuri bagenzi banjye.”


Umuyobozi Mukuru wa African Wildlife Foundation Rwanda, Belise Kariza yavuze ko amagambo agize indirimbo ‘Nywe’ ya Nel Ngabo afite igisobanuro gikomeye muri iki gihe u Rwanda rwakiriye inama ya CHOGM 

Nel Ngabo yashimye Belise Kariza wifashishije indirimbo ye, avuga ko ari igitego u Rwanda rwatsinze nyuma yo kwakira CHOGM

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NYWE’ YA NEL NGABO







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND