RURA
Kigali

Nyuma y’iminsi 260 Meddy yateguje indirimbo nshya

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:7/06/2022 21:25
1


Umuhanzi Ngabo Medard Jorbert waherukaga gushyira hanze indirimbo mu mezi asoza umwaka wa 2021, yongeye gutangaza ko agiye gusohora indi ica amarenga kandi ko ibyari bimaze iminsi bivugwa ari impamo, yamaze kwinjira mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.



Abakurikirana imbuga nkoranyambaga z’umuhanzi Meddy, babonye y’uko amaze iminsi akoresha ijambo ‘Blessed’ ariko ntasobanure neza impamvu.

Nyamara kuri ubu yamaze gusobanura neza ko ariyo ndirimbo nshya agiye gukurikizaho nyuma ya ‘Queen of Sheba’, yasohoye kuwa 20 Nzeri 2022.

Mu butumwa buri ku rubuga rwe rwa Youtube rukurikirwa kugeza ubu umunota ku wundi ‘Subscribers’ n’ibihumbi 950, bukurikirana n’ubundi n’ijambo ‘Blessed’ ugenecyereje mu kinyarwanda bivuze ‘umunyamugisha’.

Yagize ati:”Vuba cyane ‘Blessed’ ya Meddy irajya hanze mukomeze kuba hafi.” Ijambo yise izina ry’indirimbo ye rikaba rikunze gukoreshwa cyane mu butumwa bwiza, bivuze ko rwose Meddy yaba yaramaze kujya mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Gusa na none ntawabihambya kuko atariyo ndirimbo ya mbere ihimbaza ikanaramya Imana agiye gukora, n’iyo yahereyeho asaba Imana kumugirira ubuntu yari muri uwo mujyo kimwe na Holy Spirit.

Kuri ubu Meddy niwe muhanzi ukurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, unafite ibihangano bikurikirwa na benshi mu bahanzi nyarwanda ku mbuga zicururizwaho umuziki.Meddy yaherukaga gushyira indirimbo hanze mu minsi 260 ishize

Indirimbo Meddy agiye gushyira hanze yitwa 'Blessed'

Ijambo 'Blessed' yari amaze iminsi arikoresha ariko ntawuzi icyo rihatse

 








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Samuel 2 years ago
    Mwiriwe ni Samuel kuva Kampala nibyiza nokulimba izigimbaza imana izo yaririmba zose tumulinyuma murakoze



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND