RFL
Kigali

Inama ya CHOGM yasubukuwe, izabera i Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:31/01/2022 18:56
0


Perezida wa Repubulika Paul Kagame n'Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland batangaje ko inama y'abakuru b'ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Commonwealth (CHOGM) izaba tariki 20 Kamena 2022.



Iyi nama y’uyu muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza yari kuba yarabaye muri Kamena 2020 isubikwa kubera icyorezo cya Covid-19.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2021, impande zombi zasohoye itangazo rihuriwemo ryemeza ko iyi nama izaba tariki 20 Kamena 2022.

Muri iri tangazo, Perezida Kagame yavuze ko yishimiye guha ikaze abazitabira inama ya CHOGM i Kigali.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko imyaka ishize ‘yatweretse ko dufite byinshi biduhuza kurusha na mbere kandi tugomba gukorera hamwe kugira ngo tugere ku musaruro ufatika kandi urambye dushaka.”

Yakomeje avuga ko iyi nama izaba amahirwe meza yo guhuza imbaraga mu guhangana n’ingaruka zatewe na Covid-19, ikoranabuhanga n’ubukungu bikubakwa nk’urufunguzo rwo gukemura ibibazo byugarije abaturage.

Muri iri tangazo, Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, yavuze ko yishimiye ko iyi nama igiye kongera kuba nyuma y’imyaka ine ibereye mu Mujyi wa London.

Avuga ko iyi nama izaba inzira yo gushyira hamwe kw’ibihugu bigize uyu muryango mu gushakira hamwe ibisubizo by’ingaruka za Covid-19 ‘ihindagurika ry’ikirere, ubukene, kurushaho guteza imbere ubucuruzi ndetse no kubaka iterambere rirambye’.

Patricia akomeza avuga ko kubera icyorezo cya Covid-19 abantu bagerageje gushaka ibisubizo birimo no gukora inama hifashishijwe ikoranabuhanga.

Avuga ko kuba bagiye kongera guhura imbona nkubone ari ibyo kwishimira ‘ubwo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bazaba bateraniye I Kigali.’

Yasabye Guverinoma y’u Rwanda kurushaho gukomeza kwitegura ku buryo ‘iyi nama izaba intangarugero’. Ashimira Abanyarwanda uburyo bakomeje gushyira hamwe kugira ngo iyi nama izaba mu mudendezo.

Iyi nama y'abakuru b'ibihugu bigize uwo muryango ubusanzwe iba buri myaka ibiri, mu 2018 nibwo iyabereye i Londres.

Commonwealth ni umuryango uhuriyemo ibihugu 54 byiganjemo ibyahoze bikoronijwe n'u Bwongereza n'ibindi birimo ibidafitanye amateka n'u Bwongereza byasabye kwinjira muri uwo muryango.

Imibare igaragaza uyu muryango ugizwe n'abaturage barenga miliyari 2.5, aho muri 60% byabo bari munsi y'imyaka 29 y'amavuko. 

Perezida w'u Rwanda Paul Kagame n'Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth Patricia Scotland batangaje ko inama ya CHOGM yasubukuwe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND