Abarebye igitaramo cy’iserukiramuco rya Iwacu Muzika Festival babonye umuhanzi w’umunyempano itangaje Sibomana Emmanuel [Emmy Vox] wigaragaje muri iki gitaramo Aline Gahongayire yatanzemo ibyishimo bisendereye.
Ku wa 9 Ukwakira 2021, umuhanzikazi mu ndirimbo zo
kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire yabaye umuhanzi wa kabiri w’indirimbo
ziha ikuzo Imana waririmbye muri iri serukiramuco nyuma y’umuhanzi w’igikundiro
Israel Mbonyi.
Iri serukiramuco riri kuba ku nshuro ya Gatatu riri
kubera kuri Televiziyo y’u Rwanda mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya
Covid-19. Kuri iyi nshuro ryahaye umwihariko abahanzi bashya n’abandi bamaze
igihe kinini mu muziki.
Ibi ni nabyo Aline Gahongayire wakunzwe mu ndirimbo
zitandukanye yakoze ubwo yahaga umwanya umuhanzi Emmy Vox akaririmba indirimbo
ye yise ‘Naramaramaje’ yasohoye tariki 12 Kamena 2021.
Iyi ndirimbo ivuga ishimwe umuntu afite ku Mana nyuma
y’imirimo ikomeye yamukoreye; akumvikanisha ko azaharanira kuba mu mababa yayo.
Muri iki gitaramo Gahongayire yaririmbye indirimbo
zitandukanye zirimo nka ‘Ndanyuzwe’ yakunzwe mu buryo bukomeye, ageze hagati
ahamagara ku rubyiniro umuhanzi Emmy wari mu baririmbyi bamufashaga mu
miririmbire.
Emmy yahise aririmba iyi ndirimbo ye afatanyije n’abaririmbyi.
Uyu muhanzi yabwiye INYARWANDA ko afite ibyishimo bidasanzwe, avuga ko iyaba
umuntu abasha kubara ibyishimo, yakabibaze muri za miliyoni.
Avuga ko ari intambwe ikomeye Imana imuteje. Yasobanuye
ko kuririmba muri Iwacu Muzika Festival ari inzozi yahoranye ariko ko atari azi
igihe azazirotorera n’inzira bizacamo.
Ati “Kuririmba muri iki gitaramo byari bimwe mu nzozi nahoze ndota ariko ntazi ngo bizaca mu yihe nzira kugira ngo mbigereho.”
Akomeza ati “Niyo mpamvu bikomeje kumpa icyizere ko n’izindi
nzozi mfite nyuma y’izi nagezeho nazo nzazigeraho n'ubwo rimwe na rimwe ncika intege
nibaza aho bizanyura kugira ngo mbigereho ariko nk’uko n'ibi byabaye nizeye
Imana nsenga ko n’izindi nzazigeraho.”
Mu 2019, ni bwo Emny Vox yahuye na Aline Gahongayire
ari mu baririmbyi bamufashije mu ndirimbo ye yise ‘Ntabanga’ yasohoye tariki 25
Kanama 2019.
Icyo gihe bahuriye muri studio ya Kina Music. Emmy
avuga ko kuva icyo gihe Aline Gahongayire yamubereye umubyeyi agakunda kumugira
inama zitandukanye cyane cyane izerekeye umuziki.
Avuga ko afata Gahongayire nk’umuhanzi w’umunyabigwi ‘mu
muziki w’u Rwanda’. Kandi amwigiraho byinshi birimo kudacika intege. Yavuze ko
azi Gahongayire aharanira kuzamura ubwami bw’Imana kugeza n’ubu.
Uyu muhanzi yavuze ko Gahongayire yahuye n’ibitero bya
satani mu bihe bitandukanye, ariko agaragaza gukomera bitandukanye n’abandi
barambarara mu kigeragezo.
Ati “Nibake nzi bahuye n’intambara zikomeye ndetse n’bitero bya Satani nk’ibyo yahuye nabyo ariko ntiyigeze acika intege n’umunsi n’umwe kugeza nanubu aracyakora cyane kugira ngo ubwami bw'Imana buzamurwe.”
Emmy Vox yavuze ko yakabije inzozi yarose igihe kinini zo kuririmba muri Iwacu Muzika FestivalEmmy Vox avuga ko kuva mu 2019 yahura na Aline
Gahongayire yamubereye umubyeyi mu muziki
KANDA KU MUNOTA WA 40 UREBE UKO EMMY VOX YARIRIMBYE MURI IWACU MUZIKA FESTIVAL
TANGA IGITECYEREZO