Nyuma y’uko abakinnyi b’abanya-Maroc Rayon Sports yatijwe na Raja Cassablanca bakinnye umukino wa mbere muri iyi kipe, aho batsinzwe na Gorilla FC mu wa gicuti, umutoza mukuru w’iyi kipe, Masudi Djuma yagize icyo abavugaho, ashimangira ko bazafasha byinshi Rayon Sports mu mwaka w’imikino wa 2021/22.
Kuri
uyu wa gatatu tariki ya 29 Nzeri 2021, Rayon Sports yakinnye umukino wa gatatu
wa gicuti, yitegura shampiyona y’umwaka utaha izatangira tariki ya 30 Ukwakira
2021, ukaba wagaragayemo abakinnyi benshi bari mu igeragezwa muri iyi kipe
ndetse n’abashya baheruka kugurwa, ndetse ukaba wagaragayemo abanya-Maroc
babiri Rayon Sports iheruka gutizwa na Raja Cassablanca.
Aba
banya-Maroc bakinaga umukino wabo wa mbere muri iyi kipe, nyuma yo kugera mu
Rwanda. Ayoub Ait Lahssaine ukina mu kibuga hagati ni we wari wabanjemo, gusa
yakinnye iminota mike aza kuvunika arasimbuzwa.
Rharb
Youssef ukina nka rutahizamu, ndetse ushobora no gukoreshwa ku mpande ariko
nabwo asatira, yakinnyi iminota 45 y’igice cya kabiri ndetse imikinire ye
yanyuze benshi bakurikiye umukino.
Nyuma
y’uyu mukino mu kiganiro n’itangazamakuru, Umutoza Masudi Djuma yavuze uko
yabonye aba bakinnyi, mu mukino wabo wa mbere mu mwambaro wa Rayon Sports, aho
avuga ko yizeye ko hari icyo bazafasha Rayon Sports nibamara kumenyerana na
bagenzi babo.
Yagize
ati “Umupira si film abantu bose barakureba, niba abantu bose mwarebye ko bazi
gukina na Masudi yabibonye, icya mbere azi gufata umupira agatanga passe, nta
mwarabu utazi gukina ngira ngo babuze uko binjira mu mukino, naho umupira mu
maguru barawufite kandi ngira ngo bazadufasha”.
Gusa
muri uyu mukino, Manace Mutatu yakinnye iminota micye ahita asimbuzwa, uyu
mukinnyi akaba atarahawe umwanya uhagije wo gukina mu mikino iyi kipe iheruka
gukina, ibintu byibajijweho n’abatari bacye bituma Masudi Djuma asobanura iby’uyu
mukinnyi.
Masudi
yavuze ko bitagakwiye guteza ikibazo, kuko muri uriya mukino yashakaga
kugerageza abakinnyi bose ngo bakine.
Biravugwa
kandi ko Rayon Sports iri mu biganiro n’umunyezamu Kwizera Olivier, kugira ngo
ayigarukemo.
Rayon
Sports iritegura undi mukino wa gicuti na AS Kigali, kugira ngo ihitemo
abakinnyi isinyisha bazayifasha umwaka utaha, mu bari mu igeragezwa.
Ayoub Ait yakinnye umukino wa mbere muri Rayon Sports n’ubwo yahise avunika
Rharb Youssef yashimwe na benshi bari ku kibuga mu minota 45 yakinnye muri Rayon Sports
TANGA IGITECYEREZO