Nyuma yo gutangaza ko aziyamamariza kuyobora igihugu cya Phillippines mu matora ateganyijwe umwaka utaha, umunyabigwi mu mukino w’iteramakofe Manny Pacquiao yasezeye burundu kuri uyu mukino kugira ngo ahe umwanya uhagije Politiki.
Kuri
uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nzeri 20201, nibwo Pacquiao witegura guhatana mu
matora ya Perezida wa Phillippines, yatangaje ko asezeye burundu mu mukino w’iteramakofe
amazemo imyaka myinshi.
Pacquiao
yatanzwe nk'umukandida n'igice kimwe cy'ishyaka riri ku butegetsi, PDP-Laban,
ryacitsemo kabiri kubera aya matora.
Uretse
kuba azwi cyane mu iteramakofe kubera ibigwi ahafite, uyu mugabo w'imyaka 42 ni
n'umusenateri mu nteko ya Philippines.
Perezida
Rodrigo Duterte ntiyemerewe kwiyamamariza indi manda, ariko ikindi gice mu
ishyaka rye cyamutanzeho umukandida nka visi perezida, ibyo bamwe babona ko ari
ugushaka kunamba ku butegetsi.
Icyo
gice cyari cyamutoranyije ngo azabe yungirije inshuti ye y'igihe kirekire,
Christopher "Bong" Go, ariko Bwana Go yarabyanze.
Nk'umukinnyi
w'iteramakofe, Pacquiao afite umuhigo ku isi wo kuba uwa mbere mu byiciro
umunani bya boxe.
Umukino
we uheruka yawutsinzwe n'umunya-Cuba, ahita avuga ko arimo kureba uko asezera
uyu mukino.
Mu
kwemera kuba umukandida, Pacquiao yagize ati: "Ndi umurwanyi, kandi
nzahora ndi umurwanyi muri 'ring' no hanze yayo".
Yasezeranyije
kurwanya ubukene na ruswa.
Ni
umugabo ukunzwe mu gihugu cye ariko ushobora guhura n'urugamba rukomeye muri
ayo matora, aho Sara Duterte-Carpio, umukobwa wa Perezida Duterte, ahabwa
amahirwe.
Ntibizwi
neza abakandida bazemerwa na komisiyo y'amatora mu batanzwe n'ibice byacitse mu
ishyaka PDP-Laban.
Pacquiao witegura guhatana mu matora ya perezida wa Phillippines yasezeye ku mukino w'iteramakofe
TANGA IGITECYEREZO