RFL
Kigali

N’ubwo nakubabaje ngarura aho nahoze! Amarira warize yirengagize wongere unkunde

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:20/09/2021 6:54
1


Ni agahinda kuri wowe ariko hisha amarira yawe. Narakubabaje ariko ngarura aho nahoze. Inkuru y’agahinda kuri Cia usabwa kugaruka udashaka kugaruka neza. Iyi nkuru uyigiremo.



Nukunda umuntu ukamwimariramo, hari ubwo nyuma uzasanga atarigeze akwiyumvamo na gato. Ahari ubu ni bwo wabasha kumenya ingano y’urukundo agufitiye, ukabasha no kumenya niba muzagumana cyangwa niba azagusiga. Cia yarababajwe ariko uwamubabaje ari kumusaba kugaruka. Uwakubabaje ntaho yagiye gusa guhinduka bibaho kandi kubabazwa bimarwa no kwitabwaho birenze urwego wababajweho.

Amarangamutima yanyujijwe mu rwandiko rwandikiwe Cia wasizwe, yari yuzuye amarira gusa. Uyu musore wasize Cia ku musozi, yasubije amaso inyuma maze afata umwanya, aterura amagambo akomeye, asa neza n'ayo umuhanzi w’icyamamare ‘The Weeknd’ yanyujije mu ndirimbo ye yise ‘Save The Tears’. 

Uyu musore yagize ati “Nahoze nifuza kuba hamwe nawe, kuko nagukundaga cyane ariko ubusanzwe wakundaga kuririmba gusa mbura ubwenge, nibagirwa kugura ibyo wagombaga gukenera byose, nagufashe nk'utazagenda, narishutse nkufata nk'uzemera kuba nabi, sinamenya ko icy’ingenzi gishyirwa hafi kandi kigashakirwa umwanya gikwiriye, birangira unyanze, none ndi kwicuza.

Iyo nkuboneye kure urimo kuririmba rero, mbona wishimye cyane, mbona uri wa mukobwa wabonye ibyo yaburaga, ahari sinarinamwiza kuri wowe. Mukundwa iteka ubwo wambonaga, ukambonera kure, byasaga n'aho bigutangaje cyane ukaza wiruka cyane ukanyegera ukampobera maze nanjye ngafunga amaso y’umutima nkakubonera imbere, maze nkabona igitonyanga kimwe cy’amarira kivuye mu maso yawe kiramanutse ariko simenye amaherezo y’izo nzozi narotaga kumanywa.

Ese warizwaga ni iki? Ese wari uzi ko nzagusiga? Ese wari waratekereje ko umunsi uzagera nkagusiga cyangwa warizwaga n’ibyishimo n’impumuro yanjye utabonaga iteka uko uyishaka?, ahari n’ibyari bube byakurizaga kuko wabonaga ko hari undi uri iruhande ugushaka kandi ukeneye kukwitaho kurenza njye ariko ukabura uko umuha umwanya, maze bikakubabaza. Mukundwa nanjye sinzi uko nagusize kuko sinabyifuzaga, ahari ntiwari bube uwanjye by’iteka ahari sinari bushobore ku kwitaho.

Mukundwa narakurijije ubwo nagusigaga nkigendera ariko sinabitekerezaga , ntago nabiteganyaga ariko nawe ntiwigeze umbaza impamvu nagushenjaguriye umutima, wakabaye waranyegereye ukambwira ko byakubabaje. Gusa, ubanza uku ari ukwigiza nkana by’uwatsinzwe disi.

Cia, niba warababaye kuki wahise usibanganya ahacu, ugasibanganya ibyaranze amarangamutima yanjye, amateka yanjye nawe ukayasibanganya? Kuki wigira nk’utabyitaye ho. Nanjye sinzi impamvu nagusize ariko ndashaka kugaruka aho nahoze, niba koko ubona mpakwiriye.

Mukundwa Cia, ntawamenya baravuga ngo iminsi igira mubi, ndagusabye rekera aho ufate amarira yawe wenda nyuma yanjye hari undi uzakubabaza, nawe akaza yigize nkanjye, akaza yambaye uruku rw’intama, akakwihishamo, akanyura mubugwa neza bwawe akakubabaza, gusaaa nyamara wasanga naribeshye cyangwa n’ubu nkaba ndi kwishuka ay’uwanze gutaha. Rero mukundwa zigama amarira yawe uzabone ayo uzarira icyo gihe niba koko nduwo kuhagaruka. Tabara amarira yawe, zigama amarira yawe mukundwa wihogora.

Mukundwa natumye utekereza ko, iteka nzahora ndi iruhande rwawe, natumye utekereza ko nzakubera ingabo, natumye utekereza ko ntazigera ngusiga, ariko nabaye ikigwari kandi ntako utari warangize, wamfashe neza, warandwaniriye, warambaniye, wambereye hafi, wakoze iyo bwabaga kugira ngo nkumenye nkubone nguhe urukundo rwanjye ariko ndagusiga.

Nakubabarije umutima ariko Mukundwa nanjye hari uwabinkoze, nariyishyuriraga, naraguhunze ukarira ariko umbabarire Mukundwa, zigama amarira yawe. Ahari wasanga wari ukeneye undi muntu ukomeye kundusha, umuntu ufite umutima ukomeye kundusha, umuntu wo ku kwitaho, umuntu wo kuba hafi yawe, umuntu wo kwita ku mutima wawe, umuntu wo gufata aho nananiwe gufata.

Urukundo ngaho basi ngarura, nubishobora wongere umpe amahirwe dore ndagukunda cyane n’uko nashutswe. Bya bitonyanga by’amarira byavaga mu maso yawe, ndashaka kubihanagura burundu ndashaka kugaruka gusa nzi ko bitakoroheye”.

Urukundo rw’ukuri kurubona biravuna ndetse urubona nyuma yo guca mu mugezi utembamo inkundo zibabaza, nk’uko uyu musore yabwiraga Cia ati: "Zigama amarira yawe, n’ubutaha uzarira’.

Cia, yarababajwe yihorerwaho ariko yabonye aho gufata yabonye umukunda akamwibagiza amarira n’agahinda. Niba uwo mukundana akubabaza ihorere, urebe hirya yawe urabona igisubizo cy’icyo kibazo.

Ese ari wowe uyu musore wamuha amahirwe ya kabiri ? Ishyire mu mwanya wa Cia.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Isimbi cado2 years ago
    Njye mubintu nubaha nurukundo rubaho kuko uhemuka uhubutse ukababara witonze





Inyarwanda BACKGROUND