Kubwira umukunzi wawe amagambo meza y’urukundo ni ikintu cyiza nawe ubwe aba ategereje kuri wowe. Iyo atakibonye niho uzasanga avuga ngo nta mukunzi agira cyangwa bikamugora kubaho. Ukwiriye gutuma uwo mukundana abaho yishimye birenze ibikenewe kandi biturutse kuri wowe. Ariko amagambo yawe akaba yuzuye ukuri kuguturutseho.
Amagambo aturutse kuri nyirayo aba ari ingenzi cyane
kandi ntiyabura kumukora ku mutima. Iteka gukunda umuntu biravuna ndetse
biragorana kubyihingamo. Ariko iyo bije bigusaba kubigaragaza. Rero ntiwinige
rwose, inigure maze ufate iyi nkuru utomore uwo wihebeye, uwo wahaye ubuzima
bwawe.
DORE
AMAGAMBO AMUKORA KU MUTIMA
·
Urukundo rwanjye, umutima wanjye nihebeye,
ndifuza iyaba buri munsi hakabaye uyu munsi, hakaba heza nk’uko ugaragara.
· Urukundo, ndifuza iyaba nagahagaritse ku gutekereza, ariko ntibishoboka, ni nko gusaba Imana gukuraho ikirere. Ntabwo byashoboka. Ndagukunda kandi nkunda na buri gace ku mubiri wawe.
·
Urukundo, uko byagenda kose, uzaba uwanjye
kandi uzampora iruhande. Nzahora nkukunda nzakurinda, nzakubera imbaraga n’ubwonko,
nzagufasha gutekereza. Umwamikazi wanjye, ubuzima bwanjye, buri kimwe
cyanjye. Ndagukunda by’indani ni impamo.
·
Urukundo, nta byo uzi se, ubundi ni wowe
mpamvu ituma mbyuka nseka buri mu gitondo. Ntabwo ujya umva mu ntekerezo, iteka
uzihoramo. Ni wowe nzozi ndota kandi ni wowe kintu cyiza kimbaho, ngahora
nkitekereza buri segonda.
·
Urukundo, nshobora kuvuga amagambo
ibihumbi byinshi nkagutaka, nkavuga uburyo nkukunda, nkavuga uburyo
wanyihebeye, ariko ni impamo ntabwo byaba bihagije ni ukuri.
· Byasaga n’ibitangaza cya gihe duhurira ha handi, ariko ubu noneho byarahindutse, ntituzongera guhura, tuzahorana. Umutima wanjye, ubuzima wanjye, byose byagiye aho guturiza, umunsi tuganira maze ukemera kuba uwanjye. Warakoze kuhambera umutima.
·
Wanyigishije igisobanuro cy’ubuzima, iteka
narabivangaga kuko ntari nzi uko kubaho biryoha kugeza duhuye.
·
Urukundo, uba uhari iyo mbyutse, ndetse
unamfasha kuryama urahambera sinjya ngushaka ngo nkubure kandi
ndabigukundira. Rero ntacyo nakora ntagutekereje.
·
Reka mvuge ibi, urukundo, nkumbuye inseko
yawe, nkumbuye uburyo unkoraho witonze usa n'uri kunanura uzamura ibiganza byawe
bitoshye umanura ahagana hasi maze ukambwira ngo nanjye nkukorere aho ukunda,
urukundo nkumbuye ibyo biheeeee !!! I can’t wait to be with you again Darling.
·
Urukundo, uko umusozi uzaba ungana kose
nzawurira, uko ibiterometero bizaba bingana kose nzabigenda, uko inyanja izaba
ireshya kose urukundo nzayoga, uko hazaba hareshya kose, urukundo nzakambakamba
nkugereho, nzabikora kugira ngo nguhe ibyishimo utigeze usanga ahandi kandi
kugeza ubu nzi ko n'aho byagusaba gupfa utakwemera gukora icyambabaza.
·
Urukundo, ni joro usohoke hanze maze
witegereze inyenyeri mu kirere. Nubona inyenyeri nini irasa cyane, utange icyifuzo
cyawe ku Mana, kandi unayishimire ko yaduhuje.
·
Ndakwifuza mu buzima bwanjye, kuko bimpa
ibyishimo bitagira ingano, umutima wanjye iteka usigaye utera gahoro gahoro.
·
Uri mwiza kandi uri uw’igikundiro. Ntabwo
nakwibagirwa ubwiza bwawe. Uburyo uri Miss wanjye, Uburyo imico yawe ari myiza.
N’uburyo utuma nseka.
·
Urukundo, igihembo gikomeye cy’ubuzima
bwanjye ni ukukubona uri guseka mu gihe umbonye. Utabitewe n’ijambo ryiza
ahubwo ubitewe nanjye, kuko binyerekako unkunda kandi nanjye nkaba nkukunda.
·
Hari igice gito cy’umutima wanjye
kimbabaza iyo ntari iruhande rwawe. Icyo gice gihita kinyereka uburyo naba meze
mu gihe udahari mu buzima bwanjye.
·
Iyo undi iruhande, nanjye ndiyoberwa kuko
nkora ibisa n’ibitangaza.
·
Turahuje, n’ibiganza byacu iyo bifatanye
biba bihuye! Ariko se ubundi ntabyaremewe kuba hamwe? Nibihure ni mu gihe.
Ndagukunda cyane.
·
Ndagusabye, ujye ureka numve ijwi ryawe
buri mu gitondo kuko ni byo binyura. Ujye ukoresha uburyo bwose, umvugishe uko
ubishaka ariko numve ijwi ryawe. Ni wowe utuma nkura kuko umeze nk’akazuba ka
mu gitondo. Ndagukunda.
·
Mukobwa wanjye w’imfura, ndagukunda
·
Ndashaka ngo twibanire by'iteka, kuko iyo
ndi mu buriri ndagukabakaba nkakubura.
Aya magambo aba meza iyo uyabwira uwo wihebeye,
ukamwereka uko umwitaho, uburyo umukunda cyane. Aya magambo atuma
ahora agutekereza. Yabwire uwo wihebeye kandi uyavuge akuvuye ku mutima. Ushobora
kumuhamagara ukamuganiriza cyangwa ukamusaba ko muhura maze ukayava imuzi. Uzitwaze iyi nkuru cyangwa uyimwoherereze, uko ayisoma ni wowe uzajya umuza
mu ntekerezo.
TANGA IGITECYEREZO