Ahari warebye amafilime menshi avuga ku rukundo, ahari wayigiyemo byinshi. Urukundo rusanzwe akenshi ruba rutandukanye nibyo abantu bareba muri filime.Mu buzima busanzwe urukundo rusaba kubaho ku bwa mugenzi wawe. Tugiye kurebera hamwe uburyo 7 wakoresha ukamwigarurira kandi ukamugumana burundu.
Mu buzima busanzwe, urukundo rusobanurwa nko kumenya
isura y’umuntu mukundana, ukamenya uko
yitwara iyo yarakaye cyangwa yababajwe ndetse mukamenya uko mwitwara iyo muri
mu ma kimbirane mwembi.
Umuhanga witwa James M.Sama yanditse urutonde rurerure
rw’ibintu umugabo yakorera umugore we akishima cyane ndetse anasobanura uko
washimisha umugore wawe, ibi ntabwo biri kure y’ibyo n’umugabo aba
akeneye. Ntabwo wabifata ngo ubiharire umugore gusa, ahubwo niba uri umusore
cyangwa umukobwa ukaba ufite uwo wihebeye hari amabanga wakwiga gukora ubundi
ukamuha ibyishimo akwiriye.
1.Kumutera
imitoma
Ese ni he wigiye ko abagore ari bo bakunda kubwirwa
amagambo meza gusa? No ku bagabo ni uko bose, ni bamwe. Niba ufite umuntu ukunda
ugomba kwiga kumubwira amagamabo amukora ku mutima gusa ukirinda kujya kure y’ukuri. Mwegere
umwereke ko yambaye neza, umwereke ko akeye, urebe utuntu twiza tumuriho
udutake.
Umukobwa umwe twaganiriye, yavuze uburyo yakundanye n’abasore
barenze umwe, ariko bose bakajya batandukana azi ko baribo ba nyabo kugeza ubwo
yahuriye n’uwo yise udasanzwe. Mu rukundo uzahinduka udasanzwe bitewe n’uburyo
wafashe uwo mukundana.
2.Ujye umubwira
ko wishimiye ibyo yagukoreye n’ibyo yakoreye umuryango wawe
Umuntu mukundana nava mu rugo iwanyu, uzahite umwereka
ko ibyo yakoze bidasanzwe. Mubwire ko wishimiye ibikorwa bye. Genera umukunzi
wawe, akantu gato kamwereka ko atandukanye. Mwereke ko uzi neza imvune iri mu byo
yakoze, ndetse umwereke ko amafaranga ntacyo amaze.
3.Bigire byiza
mu gitanda
Nta muntu ukwiriye guhatiriza uwo bakundana gukora
imibonano mpuzabitsina ariko ku bw’ubushake bwabo bashobora kuyikora.
4.Ujye umuba
hafi mu gihe ari wenyine
Iki kintu kiragoye rwose, umukunzi wawe agukeneye mu
gihe ari wenyine, shaka uko umenya neza niba ari wenyine. Mutembere,….Ashobora
gutekereza byinshi nko mu gihe amaze igihe ari wenyine akabona ntamuntu umuri
hafi. Gutandukana kwanyu ntabwo ari ikintu cyiza.
5.Shyira inzira
mugozi yawe hasi
Mu gihe uzajya uba uri kumwe n’uwo ukundana, ujye ushyira
telefoni yawe hasi. Niba ushaka kuyifata kubera ko byihutirwa ureke abimenye
ubimumenyeshe. Wubahe igihe urimo n’uwo ukunda.
6.Mugurire
impano itunguranye
Iyi nteruro irumvikana cyane, kuvuga cyane ni byiza
ariko ibikorwa biruta amagambo. Umuntu ahura na benshi bazi kuvuga ariko agahura
na bake bazi gukora. Ntabwo ari ikibazo cy’amafaranga kuko ntiwabona ibinejeje
umuntu, ahubwo ni ikibazo cyo kumwereka ko umukunda muri duke uzi ko akeneye.
7.Ujye ukunda
kumwitegereza mu maso
Murebe mu maso, useke. Ikintu gituma urukundo rukomera
ni ibyishimo mwembi mufitanye, iyo mwembi muzi gufashanya kubibona. Urukundo rw’ukuri
rubaho, iyo abantu babiri bahuje umutima mwiza.
Inkomoko: Meetmindful.com
TANGA IGITECYEREZO