RFL
Kigali

Bazongere Rosine wanyuze mu bikomeye akaba akunzwe cyane muri Sinema yagaragaye ku Kivu aryohewe n'ubuzima-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:16/08/2021 7:47
2


Umukinnyikazi wa Filime, Rosine Bazongere, uri mu bakunzwe mu Rwanda yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga amafoto amugaragaza aryohewe n’ubuzima ku kiyaga cya Kivu.



Rosine w’imyaka 25 uryohewe cyane n'ubuzima muri iyi minsi, mu buto bwe yanyuze mu buzima bw’ibikomere byatewe no gufatwa ku ngufu ubwo yari afite imyaka 20. Yaje guhindurirwa amateka, ubu ari mu bakobwa bifitiye icyizere cy'ejo heza banafatirwaho icyitegererezo na benshi. Ari mu bakunzwe cyane muri Sinema nyarwanda bitewe n'ubuhanga akinana.

Kuri ubu ari mu biruhuko ku kiyaga cya Kuvu aho ari mu bihe byiza cyane nk'uko bigaragazwa n'amafoto yasangije abamukurikira aryamye yubitse inda ku bwato yambaye imyenda yo kogana mu mazi magari aho ari kubarizwa ku Kibuye 'arya isi'.

Mu busanzwe, Rosine yanyuze mu buzima bugoye bwakomeye nyuma yo kuva mu ishuri kubera ikibazo cy’ubushozi adasoje icyiciro rusange cy'ayisumbuye akiyemeza kujya mu gihugu cya Uganda aho yabaga mu murwa mukuru wa Kampala.

Aho niho yahuriye n’inshuti yaje no kumufata ku ngufu ibintu bikaza gukomera ubwo yamenyaga ko atwite yabimubwira akabyemera nyamara ibyasaga n’ibyishimo bikaba iby’igihe gito kuko uyu mukobwa yaje gusanga agiye kugirwa umugore wa kabiri.

Ubwo yashyiraga hanze aya mafoto yavuze ko ifoto ya 4,6,10 arizo yakunze, iyi ikaba yari iya 10 benshi banamubwiye ko ariyo bakunze cyane n'ubwo hari abavugaga ko yose ari meza

Nyuma y'uko yanze guharikwa akanibaruka umwana wavutse muri 2014 yaje guhitamo kugaruka mu Rwanda yongera kwerecyeza mu ntara y’uburasirazuba mu karere k'amavuko ka Kayonza mbere y'uko inshuti ye imubonera akazi mu mujyi wa Kigali.

Yaje kwinjira muri filime ibintu yakuze arota nyamara akaza kwitera icyizere atekereza ko inzozi ze zitagishobotse kubera ubuzima bubi yanyuzemo . Yemeza ko kandi n'ubwo ubuzima yanyuzemo bwari bugoye ariko yabashije kwigirira icyizere akabasha gushikama agakomeza.

Kuri iyi foto yongeho ati"Nganira n'uyu muhungu mwiza njyewe na mushiki wanjye w'igikundiro", inkende niyo yise umuhungu mwiza

Umunsi umwe rero yabwiye mubyara we ko akunda gukina filime maze amuhuza n'umwe mu bayobozi ba filime mu Rwanda wanamwinjije mu gukina filime. Atangira akina mu yitwa ‘Impeta’ yaje kumufungurira amarembo yisanga muri filime iri mu za mbere zikunzwe ya City Maid inyura kuri televiziyo y’igihugu cy’u Rwanda.

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO MATO YA BAZONGERA

Yaje no kwinjira mu yitwa ‘Seburikoko’ nayo ikunzwe na benshi kimwe n'iyitwa ‘Sarigoma’. Afite kandi na YouTube Channel yitwa ‘Her Friends’ anyuzaho ubutumwa bwo gufasha ibibazo nk'ibye no gukangura urubyiruko rw’abakobwa kwitinyuka bagahangana n’ibibazo kugera bageze ku ndoto zabo.

Ifoto ya gatandatu bazongere yagaragaje ko yishimiyeIfoto ya kane nayo iri mu zo yishimiye cyaneHano yari yambaye imyenda yo kogana ahagaze ku nkombe z'ikiyaga cya kivu 

  







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Isaac Nzayisenga2 years ago
    ahaa ndabona aruburyohepe!
  • Gasingirwa Justin2 years ago
    Ariko ndumva imyaka ye muyigabanyije,niba yarabyaye muri 2014,afite imyaka 20,ubu ndumva yaba afite imyaka 27.Gusa Rosine ni umugore Uzi kwirwanaho rwose nanjye ndamwemera pee!!Yanze guheranwa n'agahinda Kandi abana amaboko mu umufuka arakora none ubu ageze aheza hashimishi.Bravo Rosine





Inyarwanda BACKGROUND