RFL
Kigali

Amashirakinyoma ku bibazo bya Kwizera Olivier, Nishimwe Blaise na Rugwiro Herve bagifitiye amasezerano Rayon Sports

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:12/08/2021 12:02
1


Nyuma y'uko umwaka w’imikino wa 2020/21 urangiye APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona, ikipe ya Rayon Sports yinjiye mu bibazo by’urusobe bijyanye n’abakinnyi bashakaga kuyisohokamo ndetse n’abayisohotsemo kandi bakiyifitiye amasezerano, bamwe banayijyana mu manza, abandi basezera imburagihe nk’iturufu yo kuyisohokamo.



Biterwa n’iki kugira ngo umukinnyi ashakishe impamvu zo kuva mu ikipe agifitiye amasezerano kandi azi neza ko nta yindi kipe yemerewe gukinira? Ese haba harabayeho gushukwa cyangwa ni ubumenyi bucye ku bijyanye n’amategeko agenga amasezerano y’umukinnyi?

Reka wenda hirengagizwe iby’ubumenyi bwe ku ngingo runaka z’amategeko, Abakinnyi nta bajyanama bagira babafasha mu buzima bwa buri munsi? Bibaye ari ukuri cyaba ari ikibazo gikomeye kandi kigira ingaruka mbi ku iterambere ry’abakinnyi b’Abanyarwanda mu mwuga wabo.

Ntabwo umwaka w’imikino warangiye wagenze neza ku ruhande rwa Rayon Sports, kuko yasoje ku mwanya mubi mu mateka yayo, kuko yasoje ari iya karindwi mu makipe 16, gusa ntibyabujije bamwe mu bakinnyi kwigaragaza no kugaragaza icyo bashoboye mu kibuga n'ubwo byari ibihe bigoye.

Kwigaragaza byatumye bamwe mu bakinnyi babengukwa n’amakipe atandukanye, batangira kugirana umubano n’ibiganiro bya hafi na hafi gusa ibyo byose byabaga bagifite amasezerano ya Rayon Sports.

Bivugwa ko shampiyona ikirangira umutoza wa APR FC, Adil Mohamed yatanze urutonde rw’abakinnyi Bane bo muri Rayon Sports yifuza mu ikipe ye y’umwaka utaha, muri abo bakinnyi harimo umunyezamu Kwizera Olivier, myugariro ukiri muto Niyigena Clement, Nishimwe Blaise na Muhire Kevin bakina mu kibuga hagati.

Ibibazo bya bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bashatse kuyivamo bakiyifitiye amasezerano n’ibyakurikiye nyuma, n’ibibategereje:

1. Kwizera Olivier


Uyu munyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, mu kwezi gushize yatangaje ko ahagaritse gukina umupira w’amaguru kubera ko igihe kigeze ngo asezere.

Gusa uyu mukinnyi yasezeye asigaje umwaka umwe w’amasezerano muri Rayon Sports, yari yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri mu 2020 avuye muri Gasogi United, akina umwe akaba asigaje undi.

Isezera rya Kwizera Olivier imburagihe ntiryavuzweho rumwe na bose kuko hari abavuze ko ari uburyo bwo kuyobya uburari ngo akwepe amasezerano ya Rayon Sports yerekeze mu yindi kipe. Iyashyizwe cyane mu majwi ni APR FC byavuzwe cyane ko yamuganirije kenshi kugira ngo ajye kuyifasha mu mwaka w’imikino uri imbere banafitemo CAF Champions League.

Amakuru avuga ko APR FC yanamaze gutanga uyu mukinnyi muri CAF ku rutonde rw’abakinnyi iyi kipe izakoresha muri CAF Champions League. 

APR FC irabizi neza ko gukura uyu mukinnyi muri Rayon Sports imuguze uyu mwaka byayihenda cyane, kuko agifite umwaka umwe w’amasezerano kandi ikaba imukeneye cyane.

Bivugwa ko ariyo mpamvu Kwizera yashatse amayeri yose ashoboka kugira ngo atandukane na Rayon Sports uyu mwaka ubundi yerekeze muri mukeba APR FC yigurishije.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru havuzwe amakuru ko Kwizera Olivier yisubiyeho akagaruka mu kibuga ndetse akaba agomba gusinyira ikipe imwe ikomeye mu Rwanda vuba.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele aherutse gutangaza ko niba koko ibivugwa ari byo ko Kwizera yisubiyeho akagaruka mu kibuga, nta kipe yemerewe gukinira uretse Rayon Sports afitiye amasezerano ndetse n’ikipe yaba imwifuza yanyura kuri Rayon Sports bakaganira.

2. Rugwiro Herve


Uyu myugariro wamaze gusinyira AS Kigali amasezerano y’imyaka ibiri, yerekeje muri iyi kipe y’abanyamujyi agifite amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports yari abereye kapiteni. Bivuze ko kugira ngo Rayon Sports izamuhe urupapuro rumwemerera kuva muri iyi kipe, ari uko AS Kigali izabanza kuganira na Rayon Sports ndetse ikagura imyaka ibiri y’amasezerano yari asigaje.

3. Nishimwe Blaise


Uyu mukinnyi wigaragaje mu mwaka ushize w’imikino muri Rayon Sports agifitiye amasezerano y’imyaka ibiri, yashakishije impamvu zose zatuma ayisohokamo kugeza igihe ayijyanye mu manza ashaka gusesa amasezerano ngo yerekeze muri APR FC yamwifuje, ariko birangira FERWAFA yanzuye ko nta yindi kipe yemerewe gukinira itari Rayon Sports mu myaka ibiri iri imbere ndetse ikipe yose imwifuza igomba kubanza kuvugana na Rayon Sports.

APR FC yifuje Blaise, Rayon Sports iyibwira ko kugira ngo bikunde ari uko yishyura ibihumbi 50 by’amadolari ndetse bakanabaha umunyezamu Ntwari Fiacre wamaze kwerekeza muri AS Kigali.

Nyuma yuko APR FC ibonye ko ibintu bitoroshye, uyu mukinnyi yatangiye gushaka uburyo bwose bushoboka kugira ngo asohoke muri Rayon Sports ariko birangira byanze.

Havuzwe amakipe yamubengutse arimo APR FC na Kiyovu Sport, ariko yose akaba agomba kuvugana na Rayon Sports afitiye amasezerano y’imyaka ibiri.

Magingo aya Nishimwe Blaise ni umukinnyi wa Rayon Sports mu myaka ibiri iri imbere.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nsabimana eric2 years ago
    Twishimiye uko akanama nkemurampaka kabikemuye murakoze.





Inyarwanda BACKGROUND