RFL
Kigali

Yihinduje igitsina ubu ni inkumi y’uburanga! Bobrisky wahoze ari umuhungu yahishuye ko amaze imyaka 13 akunda Wizkid byibazwaho na benshi

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:23/07/2021 10:26
1


Bobrisky umunyamideri w’icyamamare wahoze ari umuhungu akihinduza igitsina ubu akaba ari inkumi y’uburanga butangaje butuma akurikiranwa n’abarenga miliyoni 4 kuri Instagram, yahishuye ko amaze imyaka 13 akunda Wizkid ku buryo ngo baramutse bahuye yasuka amarira hasi.




Yihinduje igitsina aranisiga ubu n'inkumi y'uburanga butangaje 

Uyu mukobwa uzwi cyane kumbuga nkoranyambaga yazifashishije maze agaragaza urwo akunda Wizkid ushakishwa n’inkumi z’uburanga zitari nke kubera ubwamamare n’akayabo atunze gatuma aza imbere mu bahanzi bafite agatubutse muri Africa.

Yagize ati” Niwe muntu wenyine untega nkagwa??? Ndamukunda byo gupfa sinzi impamvu”. Yakomeje agira ati” Umunsi tuzavugana nzahita ndira kuko nshaka gufata amarira yanjye . ndumufana we kuva nfite imyaka 16. Nagize amahirwe yo kumusuhuza inshuro nyinshi mu kabyiniro ariko nagize ubwoba”. Yongeyeho andi magambo agaragaza ko yamwimariyemo ashimangira ko ariwe muhanzi mwiza muri Africa.


Ntiwamye ko yigeze kuba umuhungu

Bobrisky ubusanzwe yitwa Okuneye Idris Olanrewaju akaba afite imyaka 29. Akomoka muri Nigeria akaba ari icyamamare ku imbuga nkoranyamba kuri Instagram akurikiranwa n’abarenga miliyoni 4. Kwihinduza igitsina bakamugira umukobwa nibyo nibyo byatumye yamamare nyuma yo kubitangaza akavuga ko atewe shema nabyo. Uyu mukobwa w’uburanga yareruye abitangariza ibinyamakuru byinshi birimo n’ikitwa afrikmag.com.

Aganira nacyo yashimiye Imana avuga ko yamaze kwihinduza igitsina ashimangira ko ubu afite igitsina cy’abagore kandi uzamufata ku ngufu azabiryozwa kuko azera police ko afite igitsa cy’abagore.


Ikinyamakuru kitwa referencedailynews cyo cyanditse ko iyi nkumi ishobora kuryamana n’abagabo cyangwa abagore kandi nawe ubwe arabyiyemerera. Ibi byose byamuzamuriye ubwamamare abihuza no kumurika imideri bimugira umuherwekazi ubu ubutunzi bwe bubarirwa muri miliyoni 2 zamadorali n’ukuvuga miliyari 1 na miliyoni 997 n’ibihumbi 283 n’amafaranga 200 uramutse uyashyize mu manyarwanda.


Ibi byibajijweho n’abatari bake nkuko ibitangazamakuru bitandukanye muri Nigeria byabigarutseho ahanini bitewe no kuba uyu mukobwa wahoze ari umuhungu nyuma akaza kwihindura igitsi, asazwe aryamana n’abakobwa bagenzi be ndetse n’abahungu.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nkazi2 years ago
    Yewe ibibabaje Imana nibyinshi peee





Inyarwanda BACKGROUND